Ushinzwe ubuzima bw’ikipe ya Gasogi United yahitanwe n’impanuka

Ubuyobozi bw’ikipe ya Gasogi United bwatangaje ko uwari ushinzwe ubuzima bw’ikipe [Team Manager] witwa NIYIBIGIRA Patrick yahitanwe n’impanuka y’imodoka kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nyakanga 2020.

Amakuru avuga ko uyu Niyibigira yari kuri moto hanyuma imodoka irabagonga we n’umumotari wari umutwaye.

Nkuko yabitangaje ku rubuga rwayo rwa Twitter,Ikipe ya Gasogi United yatangaje ko ishenguwe n’urupfu rw’uyu Team Manager wayo ndetse yihanganishije umuryango we n’abakunzi ba siporo bose muri rusange.

Gasogi yagize iti “Umuryango mugari wa Gasogi United ushenguwe n’urupfu rutunguranye rw’uwari Team Manager wayo NIYIBIGIRA Patrick wazize impanuka.Gasogi United yihanganishije umuryango we n’abasportifu bose muri rusange.”

Nyuma y’ubu butumwa,Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA naryo ryatanze ubutumwa bugira buti “FERWAFA yifatanyije na GASOGI United mu byago byo kubura uwari Team Manager wabo witabye Imana mu masaha atambutse. Twifatanyije kandi n’umuryango mugari w’abakunzi b’umupira w’amaguru muri ibi byago by’umwihariko umuryango wa Patrick NIYIBIGIRA. Imana imwakirane ubwuzu mu bayo.”

Abakunzi ba ruhago batandukanye banditse ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango wa Nyakwigendera.

Gasogi United imaze umwaka umwe mu kiciro cya mbere ariko yazanye itandukaniro n’ubushyuhe mu mikino ndetse shampiyona ishize yahagaritswe itarangiye kubera Covid-19 yasize iyi kipe ku mwanya wa 09 n’amanota 29.

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *