AmakuruPolitiki

Tugomba Gutora Abagore Twishimira Amahirwe Twahawe – Rusizi/Kamembe

Mu karere ka Rusizi  Mu  Murenge wa  Kamembe   abagore ndetse n’abagabo  barishimira ibyiza  bagezeho mu kwitorera abayobozi aho Dr. Odette Uwizeye, Perezida wa njyanama y’Akarere Ka Rusizi, Abishimangira ubwo yazaga  gutora mu kagali ka  kamashangi mu Murenge wa Kamembe, 30% by’abagore bagize inteko nshingamateko kurwego rw’Igihugu.

Dr. Odette Uwizeyimana  yagize Ati. “Buri mugore agomba gushishoza agatora umuntu uzamugirira akamaro kuko ariyo ntero y’Akarere  kacu.’’

Yakomeje yerekana ko umuturage ariwe ufite kwitorera  uzamugirira akamaro nkuko babikoze  bamamaza uzayobora igihugu ko nubu bitabananira  kwitorera umugore mugenzi wabo wazabagererayo  gusa  bagomba gutora uzabagirira akamaro kuko niyo ntego yacu.

Bernadette Niyonsaba n’ umuturage wo mu kagali ka kamashangi  nawe ashimangira ko kuba yaje kwitorera  uzamuvugira mu nteko ariwe Depite ko ari amahirwe akomeye kuko buri mudugudu bagiye bahitamo abantu barindwi7 akaba yagize amahihwe yuko bamwibutse.

Aho yagize ati,’’ Naraye ngendagenda mu muhanda  mpanga

nye nibitotsi ngirango ndebeko batora uwo natoye kumbwamahirwe  nikizere narimfite mbona n’Akarere  kacu kabaye akambere.’’

Akomeza yerekana ko kuba babaye abambere abikisha ubuyobozi bwiza butabaheza mugufata ibyemezo igihe bagiye gushyiraho ibintu mu karere

Niyonsaba Bernadette nawe n’umwe mubaje gutora mu mudugudu wa  kamashangi nawe arishimira kuba yaje gutora kurwego rw’Abagore kandi akaba yaje azindutse  agasanga bagenzibe bahageze

Yagize ati .’’ nagumye kuriyi site ntegereje ibyavuye mu matora    nanubu sindaryama kuko gahunanda yacu ni tujyanemo kuko gahunda ni inyanya inyanya.’’

Yakomeje adusobanurira enyanya enyanya atubwirako ari hejuru cyane kandi akaba ashimira abaturage bao mu burengerazuba ko bahacanye umucyo umbwo babonye umwanya w’ ambere umbwo babaruraga amajwi akaba  anizeye ko no muri 30  ku  bagore ko  naho bahacana umucyo bacazabona ababaserukira munteko.

Umutoni  uwase anonsiate Aisha  nawe ashimangira ibyabagenzibe ko kuba baje bambaye neza  aribyagaciro kandi ko ari n’umuco wabo wokwambara igitenge bakikwiza kuko aribyo bigize umuco wabo.

Aho yagize Ati .’’tugomba gusa neza abanya Rusizi kuko ariwo muco wacu kandi uwambaye igitenge abayikwije asaneza.’’

Akomeza yerekana impamvu yo kwambara igitenge ko arikintu cyagaciro kuko umuntu iyo akubonye yibaza  icyabaye rero icyabaye nuko twaje  mubukwe arimbwo ubu n’ubundi twari ducyuje ubundi tukaba twizeye ko ubunambwo tubucyuza neza.

Mpabwanayo jean damscene,n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka kamashangi   nawe yishimira  ko  ari muribamwe batoranyijwe mu murenge wabo hakaba ariho habera amatora.

Agira Ati  .’’umbwo mugitondo  cyo ku wa 15Nyakanga 2024 bahitagamo ko akagali kacu ariko kakira site y’itora  narishimye  cyanye.’’

Akomeza agaragaza amaranga mutima agira ati nashimye imana ubwo akarere kacu kaje k’umwanya wa mbere   ubwo twari turi kuri siti tureba uko bizamuka  nkaba nshimira muri rusange uwabashije kugira uruhare rwogutora umukandida  paul Kagame kuko ariwe natoye  kugiti cyange kaba nizeye yuko no kuri 30 tugomba kuza imber

Dr. Kibiriga Anicet  Mayor w’ Akarere Ka Rusizi numwe mubaje gutangiza igikorwa cy’amatora mu kagali ka kamashangi aganira n’ikinyamakuru Imena yagize Ati.’’Dufite gahunda ya tujyanemo ninayompamvu aritwe twaje ku mwanya w’ambere kandi nubu muraba tuje gutora mu rwego rwaba Depite dufite ikizere ko turi buze kumwanya wa mbere.”

Akomeza avugako tujyanemo ari siroga yabo yaba umuturage urihasi nuri hejuru wese arayizi gusa ndarikiye buri wese ku mugoroba kuza kubyina instinzi kuko niwo mujyo uturanga mukwishima

Sibyo gusa yatweretse nisura y’akarere atubwirako akarere kabo arakambere mubukungu ndetse no mubiribwa ngandura rugo Kandi ngo bahingira amasoko. Aho Kuyasagurira.

By. Florence Uwamaliya

Loading