Polisi ya Uganda yashoreye Bobi Wine imwerekeza iwe

Depite Bobi Wine(Robert Kyagulanyi ) utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda yasubiye muri iki gihugu nyuma yo kwivuriza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ibikomere avuga ko yakuye aho yari afungiwe n’igisirikare cya Uganda.

Akigera ku kibuga cy’indege cya Entebbe, polisi ya Uganda yahise imubuza kuva ku kibuga cy’indege ivuga ko imushorera ikamugeza mu rugo  ibintu Bobi Wine yavuze ko binyuranyije n’ibyo yifuzaga.

Mbere yaho, polisi ya Uganda yataye muri yombi abantu bageragezaga kugera ku kibuga cy’indege kwakira uyu muhanzi wahindutse umunyapolitiki.

We n’abandi bantu 30 baracyakuriranweho ibyaha by’ubugambanyi bijyanye n’ikivugwa ko ari iterwa ry’amabuye ku rukurikirane rw’imodoka zari zitwaye Perezida Yoweri Kaguta Museveni w’iki gihugu mu kwezi gushize kwa munani,ibyaha Bobi Wine ahakana yivuye inyuma.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *