AmakuruUbutaberaUbuzima

Nyaruguru Haracyari Abantu Bafata Abafite Ubumuga Bwo Mu Mutwe Nkaho Atari Abantu

Haracyari Imbogamizi ku bafite ubumuga bwo mu mutwe kuko harabo bajyana mu nsengero ngo babasengere cyangwa mu baganga bagakondo, kandi nyamara  bagejejwe kwa muganga hakiri kare bakitambwaho neza bashobora kongera bakamera neza nkuko  Haragirimana clavier wahuye nicyo kibazo yabitangarije itangazamakuru.

tariki  10  Gicurasi 2024  uphls ifatanyije n’ Ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC) bahuriye mu murenge wa  Kibeho mu Karere ka Nyaruguru  mu gikorwa cyo kurwanya ihezwa n’akato bikorerwa abantu bafite ubumuga bwo mu mutwe, n’ubukangurambaga mu   kwirinda Virus itera Sida.

Haragirimana clavier numwe mubagize ibyago byo  kugira  ubumuga  bwo mu mutwe avugako bagihabwa ,akato bagafatwa nk’ibicibwa mu muryango nyarwanda nyamara ari abantu nkabandi batanga ibitecyerezo ahashoboka kuko baba baragiye kwa muganga bagahabwa imiti ibafasha ku mererwa neza,  ngo harimo kandi nabasubira  mu mashuri bakiga bagatsinda ku rugero rushimishije ariko iyo hagize bamwe mubo bigana cyangwa abo bakorana bumva ko afata imiti  imworohereza batangira kumuha akato bakaba bana mwita amazina mabi, umusazi n’ibindi.

Haragirimana yagize Ati. “Nahawe akato gakomeye ubwo nakoraga mukigo cya banki y’abaturage aho nari umucungamutungo, nkaba narahakoze igihe cy’umwaka n’igice abakozi baho twakoranaga bamenye ko njya gufata imiti indera babibwira ushinzwe abakozi nuko ,ambajije ndamusobanurira mubwiza ukuri kose ariko ntiyanyumva, Nuko ushinzwe abakozi aho kumvuganira aba ariwe ufata iyambere yo kunyirukana  avugako nazatwika amafaranga y’abaturage cyangwa impapuro.”

Haragirimana clavier, wirukanwe ku kazi inshuro irenze imwe azira ko afata imiti y’ abafite ubumuga bwo mu mutwe

Haragirimana clavier yakomeje abwira abari bitabiriye umuhango warufite insanganyamatsiko igira iti  “Ubuzima bwiza ni uburenganzira  bwa buri wese tubigire intego”.

Haragirimana yongeye ho kandi ko yakoze mubigo bitanu by’imari byose  bamwirukana  ba muziza ko afata imiti ,ibi akabi bona nkihezwa muri sosiyete nyarwanda aho yiyambaje urwengo rw’umurimo yewe n’inkiko  azisabako yarenganurwa  ariko biranga biba ibyubusa ahitamo kwegeranya abandi barwayi Akora ishyirahamwe ryitwa Opromamer akaba arina we urihagarariye. 

Tuyishimire Simeon, Umukozi w’ ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC, Ushinzwe gukurikirana abafite virusi itera Sida

Umukozi w’ ikigo cy’ Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC, Tuyishime simeon ashinzwe gukurikirana abafite virusi itera Sida  avuga ko hakiriho  abantu baheza abafite virusi itera sida  bikamuviramo kwiheba bityo agacika intege z’umubiri ,ntiyigirire ikizere cyejo hazaza, bwana Simeon yanagarutse kandi no kubarwayi  bo mu mutwe ko nabo harigihe bahura n’abantu bakabafatirana bakaba hohotera babafata kungufu bikabaviramo  bamwe ibyago byo kwandura virusi itera sida,  kandi bari basanzwe bifitiye nibindi bibazo gusa ubu turi kwigisha tukanakumira n’uburyo bwose kumpande zombi  hataboneka ababasha kwanduzanya   kuko imiti igabanya virusi itera sida irahari ,uwodusanze  yaranduye duhita tumutangiza imiti ,tukabifashwamo n’inzego z’ubuzima  cyane cyane aho abajyanama bubuzima babarura ingo kuzindi bakamenya ibyiciro abantu barimo bityo bagafasha mubuvuzi   bakanagirwa   inama yo guhita batangizwa  imiti hakirikare  kugirango badakwirakiza virusi itera sida ,yewe nabagize ingorane zokurwara indwara  zu mutwe nabo bahabwa ubutabazi bwibanze bakagezwa kwa muganga bagashyirwa  ku miti,aho yagize Ati.” Tugomba kwita kuri buri muntu kuko arinshingano zaburi wese.”Yakomeje asaba  ko aho umuntu abonye umurwayi wo mu mutwe ko yakitabwaho akagezwa kwa muganga hakiri kare .  

Murwanashyaka Emmanuel, Umuyobozi w’Akarere Ka Nyaruguru, Yanenze abagiheza abarwayi n’abavugako badashoboye


Meya w’ Akarere Ka Nyaruguru, Murwanashyaka  Emmanuel  avuga ko hakiri imbogamizi mubaturage   bagiheza abafite  uburwayi bwo mu mutwe  ahusanga  aho kubajyana kwa muganga babajyana  mu bapfumu ,cyangwa mu nsengero.Aho yagize ati,” Dufite inzego zishinzwe gukurikirana abafite ibyo bibazo  kugirango bagezwe  kwa muganga hakiri kare aho usanga buri gihe bagenda biyongera kuko twashyizemo imbaraga”.

Murwanashyaka Emmanuel  yanongeyeho  ko Akarere kabo gafite Abarwayi bafite ubumuga mu byiciro bitandukanye  basaga 12000 birenga.

By: Florence Uwamaliya

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *