Muhanga:Umugabo utita ku umuryango we angana na zeru

Abatuye umurenge wa Nyamabuye akagari ka Remera,baravuga ko igitera amakimbirane mu miryango bigatuma ihora mu makimbirane,biterwa no kutubahana kw’abashakanye,ndetse no kutumva uburinganire icyo aricyo mu muryangoAbagabo n'abagore basabwa gusubira ku nshingano kuko bitabaye ibyo kubaka umuryango nyarwanda byarushaho kuba bibiAbagabo n’abagore basabwa gusubira kunshingano zabo zo kwita kubo ba byaye

KANANI  Elie  n’UWAMARIYA  Josephine,batuye umudugudu wa Biti akagari karemera umurenge wa Nyamabuye akarere ka Muhanga,ngo kuribo bumvako umugore murugo yakabaye yita kunshingano yo kubaha umugabo,ubundi akamuha agaciro  ku uburyo yaba umuhuza w’abagize urugo kuburyo ntacyacika urugo kitaruteje imbere.

Nyamara ariko nubwo bifuza ibi bavuga ko atariko bimeze kuko usanga kuri ubu abagore n’abagabo basigaye bibera muturbari kuburyo ntawubasha kwita kurgo n’abana babyaye,ngo ibintu bituma rimwe narimwe intonganya ziba murugo doreko usanga hari igihe umugore ataha avuye mukabari nyuma y’umugabo,ibintu bavuga ko ari amahano nu ubwo kuri bamwe babyita iterambere cyangwa uburinganire,nubwo kuribo ngo hari n’abagabo baba badashoboye gukorera urugo. Uwamaliya asaba abashakanye kudashyaminana kuko biteza umutekano mucye bikanakenesha umuryango

UWAMARIYA Beatrice umuyobozi w’akarere ka Muhanga ngo kuriwe umugabo murugo utita kumuryango angana na zeru

Umuyobozi W’akarere ka Muhanga UWAMARIYA  Beatrice,kuri ibi bivugwa n’aba baturage avugako ubusanzwe urugo ruhahirwa n’umugabo umugore akamwubaha doreko ari nacyo umuco nyarwanda ubwiriza abagore,ndetse ngo no kubasenga bemera Imana n’ibitabo bitagatifu bikabigarukaho.Ngo kuriwe ibi nibyo bituma asaba abagabo  bafite ingo zirangwa n’amakimbirane kwita kungo zabo kurusha kwita  ku utubari no gushyigikira abagore babo kutujyamo,bityo ngo niho amakimbirane ahora mu miryango yabo azabasha gukemuka,ndetse ni ingo zabo zikabasha gutera imbere,kuko bitabaye ibyo ngo umugabo urangwa n’ubusinzi niyite kurugo rwe angina na Zeru ni igihugu ntcyo cyamukeneraho mukugiteza imbere,ariko kandi ngo n’abagore bitwaza uburenganzira bahawe n’uburinganire ntibite kunshingano zabo zo kwita kurugo bakagombye kwibuka ko ari bamutima w’urugo kandi ko aribo bashinzwe imibereho myiza y’urugo.

Mugihe uyu muyobozi w’akarere ka Muhanga asaba ingo zibanye nabi  zo muri aka karere kwibuka inshingano,kuri ubu muri akan karere ka Muhanga habarurwa ingo zibanye nabi zigera kuri 439,kub uburyo ubuyobozi bisaba ubuyobozi gushyira imbaraga mukwita kuri izi ngo, kugirango nazo zibashegusohoka  mu makimbirane zibashe kugana inzira y’iterambere aho guhora mu makimbirane,ibintu binadindiza iterambere ry’aka karere ka muhanga muri rusango no guhora mu manza zo gucyemura ibibazo byo mungo.

Inkuru:  Aimable UWIZEYIAMANA

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *