Mico The Best na Bosebabireba mu bagiye kwinjiza abanya-Rubavu mu mwaka mushya
Abahanzi barangajwe imbere na Mico The Best, Senderi Hit na Theo Bosebabireba bagiye gutanga ibyishimo bisendereye mu gitaramo cy’amateka cyo gusoza umwaka wa 2025 no kwinjiza abanyabirori bo mu Karere ka Rubavu mu wa 2026.Ni igihe cy’akanyamuneza kuri benshi basohokera i Rubavu, bikaba ari inyungu ku bakunzi b’umuziki bo muri aka Karere bateguriwe igitaramo gikomeye cyiswe “Rubavu New Year Celebration”.
Ni igihe cy’akanyamuneza kuri benshi basohokera i Rubavu, bikaba ari inyungu ku bakunzi b’umuziki bo muri aka Karere bateguriwe igitaramo gikomeye cyiswe “Rubavu New Year Celebration”.
Iki gitaramo kizamara iminsi ibiri, kizaba ku wa 31 Ukuboza 2025 no ku wa 1 Mutarama 2026, kikazabera muri Hotel Martins Expert Home, ahazwi nko kuri Hoteleri, mu murenge wa Nyundo.Ni igitaramo ku isonga, abazacyitabira bazasusurutswa na Mico The Best, Theo Bosebabireba, Senderi Hit ndetse na Young Grace.Ni mu gihe kandi bazataramirwa n’itsinda The Same rizwi cyane mu Karere ka Rubavu, N T Ziyo ndetse n’uwitwa Mr Giant.
Muri iki gitaramo kizayoborwa na MC T Blaise, DJ Chris niwe uzavanga imiziki, mu gihe band yitwa Global Music nayo izaba yabukereye.Niyonsenga Sanctos Germain, umwe mu bateguye iki gitaramo, avuga ko bahisemo abahanzi batandukanye kugira ngo basangire iminsi mikuru n’abakunzi babo.Ati: “Ni mu ntumbero yo gutanga ibyishimo ku baturage no kubafasha kubona aho basohokera ku munsi mukuru nk’uyu wa Bonane.”
Kwinjira muri iki gitaramo ni 2,000 Frw; abantu basabwa kugura amatike hakiri kare kuko ku munsi w’igitaramo ashobora kuba yararangiye.
![]()

