Kenya: Umugore wari ufite tattoo ya perezida yapfuye nyuma yo gutwikishwa lisansi
Muri Kenya Rachel Wandeto, umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana watewe lisansi n’abantu batazwi, yapfuye.
Uyu muririmbyi yari azwi cyane kubera tattoo ya perezida wa Kenya William Ruto yari ku rutugu rwe rw’iburyo.
Polisi yavuze ko uyu mugore yatewe n’itsinda ry’abagabo batatu bamusutseho lisansi bakamutwika.
Urwego rwa Polisi rw’Igihugu muri Kenya rwamaganye igitero cya lisansi cyakorewe uwo mugore mu gace ka Mwiki muri Nairobi.
Mu itangazo ryasohotse ku Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi(5), Urwego rwa Polisi muri icyo gihugu rwavuze ko abantu batari bamenyekana ku wa Gatandatu basutse lisansi kuri Wandeto baramutwika.
Raporo yakozwe na polisi yagaragaje ko uwahohotewe yahiye ku kigero cya 70%, nyuma akajyanwa mu bitaro bya Kenyatta Hospital kugira ngo avurwe by’umwihariko.
Ubwo yamusuraga mu bitaro bikuru by’igihugu bya Kenyatta National Hospital (KNH) ku cyumweru, Minisitiri w’umutekano w’igihugu Kipchumba Murkomen hamwe n’umuyobozi wa polisi y’igihugu, babwiye itangaza makuru ko ibyabaye kuri uwo mugore ari ubugome bw’indangakamere.
Uyu munsi, avuga ku rupfu rwa Wandeto, Kipchumba yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati: “Nta muntu ukwiye gukomeretswa cyangwa kwicwa kubera ibitekerezo bye bya politike uyu munsi muri iyi myaka”.
Polisi yavuze ko :“Iki kibazo kirimo gukorwaho iperereza n’itsinda ryihariye riturutse ku cyicaro gikuru cya DCI,”
Uyu mugore yari afite tattoo y’ishusho ya Perezida wa Kenya William Ruto, n’amagambo Two Term, yakundaga kwerekana ku mbugankoranyambaga aho benshi bavugaga ari ayo gushyigikira Ruto kongera gutegeka icyo gihugu manda ya kabiri.
Polisi yavuze ko iperereza rya mbere ryerekana ko icyo gitero gishobora kuba gifitanye isano n’ibitekerezo bye bya politiki.
![]()

