AmakuruAmatekaNewsUbuzimaUncategorized

Amerika yatabaye umupilote w’indege yayo yahanuriwe muri Iran

erezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko Igisirikare cy’iki gihugu cyabashije gutabara umupilote w’indege y’intambara ya F-15E iherutse kuraswa na Iran.

Iyi ndege ya Amerika yarashwe na Iran ku wa Gatanu tariki 3 Mata 2026. Umupilote wari uyitwaye yahise aburirwa irengero, ndetse Iran ishyiraho igihembo ku muturage wese uzamubona.

Ingabo za Amerika na zo zahise zitangiza ibikorwa byo gushakisha uyu mugenzi wabo ngo atabarwe, mbere y’uko Iran imufata.

Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru abinyujije ku rubuga rwa Truth Social, Trump yatangaje ko babashije gutabara uyu mupilote wabo.

Ati “Twamubonye. Banyamerika bagenzi banjye, mu masaha menshi ashize Igisirikare cya Amerika cyatangije igikorwa cyo gushakisha no gutabara kiri mu bikomeye byabayeho mu mateka ya Amerika, kubera umwe mu basirikare bacu, uri no muri ba Colonel bubashywe cyane. Nishimiye kubabwira ko ameze neza cyane.”

Yakomeje avuga ko uyu musirikare watabawe yasanganywe ibikomere ariko bidakabije.

Iyi mpanuka ikiba umwe mu bapilote bari batwaye iyi ndege yahise atabarwa, ariko uwa kabiri aburirwa irengero. Yabonetse nyuma y’amasaha menshi bagenzi be batangije ibi bikorwa byo kumushakisha.

Amerika yatabaye umupilote w’indege yayo yahanuriwe muri Iran

Loading