AmakuruPolitiki

Amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda akomeje gutanga icyizere

Hari icyizere cyinshi cyimaze kugaragara mu biganiro biri hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’umutwe wa M23 ushinjwa gushyigikirwa n’u Rwanda, nk’uko byatangajwe n’umudipolomate waganiriye n’Ibiro Ntaramakuru AFP nyuma y’inama yahuje impande zombi yabereye muri Qatar.

Ibi biganiro birimo gukurikirana isubukurwa ry’imishyikirano byasabwe na M23 mu cyumweru gishize, kugira ngo hasuzumwe ibikiri imbogamizi ku masezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington muri Kamena hagati ya Kinshasa na Kigali. Ayo masezerano agamije guhagarika intambara zimaze guhitana abantu benshi mu burasirazuba bwa RDC.

Uyu mudipolomate, wasabye ko amazina ye adatangazwa kubera uburemere bw’ikibazo, yavuze ko impande zombi – Congo na M23 – bari gufatanya n’abahuza bo muri Qatar mu gushaka uko bakemura ibitaranozwa.

Mu bindi bijyanye n’ibi biganiro, Perezida w’Amerika Donald Trump yemeje ku wa Gatatu tariki ya 9 Nyakanga ko amasezerano y’amahoro hagati ya RDC n’u Rwanda azashyirwaho umukono bitarenze impera z’uku kwezi. Yatangaje ko Perezida Félix Tshisekedi wa RDC na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda bazasinya ayo masezerano i Washington.

 By:Florence Uwamaliya 

Loading