AmakuruMuri AfurikaNewsPoliticsPolitikiUbutaberaUncategorized

Amerika yahannye Col Kubwayo wa FDLR na Nzenze wa M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zafatiye ibihano bamwe mu basirikare bakomeye b’umutwe wa AFC/M23 ndetse n’abarwanyi ba FDLR.

Itangazo rya Minisiteri ishinzwe Imari ya Amerika rivuga ko icyo gihugu cyafashe icyemezo cyo gufatira ibihano Col. Gustave Kubwayo, umwe mu basirikare bakuru mu butasi bwa FDLR, ndetse na Col. John Imani Nzenze ukuriye ubutasi n’ibikorwa bya gisirikare bya AFC/M23.

Amerika ishinja Col. Gustave Kubwayo ibyaha byibasira abasivile, gukoresha abana mu ntambara, gufata abagore ku ngufu ndetse no kurasa ibisasu ku Rwanda byakomeje guhungabanya umutekano warwo.

Ni mu gihe Col. Nzenze, AFC/M23 imushinja ibyaha birimo kwica abasivile, gukora ibyaha bikomeye byibasira ikiremwa muntu ndetse no kugaba ibitero ku baturage bo mu Burasirazuba bwa Congo.

Amerika yongeraho ko ubuyobozi bwa Perezida Donald Trump busaba impande zose zihanganye muri Congo kubahiriza amasezerano y’amahoro ya Washington ndetse na Doha, kugira ngo akarere kongere kugira amahoro n’ituze.

Si ubwa mbere Col. Kubwayo wa FDLR afatirwa ibihano, kuko mu mwaka wa 2024 na bwo yari yarashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Col. Kubwayo Gustave, uzwi nka Sircof Modeste, yayoboye ibikorwa bizwi nka SINAI mu bice byinshi bya Rutshuru, birimo Kahumiro, Kazaroho, Katanda na Mayamoto.

Ni umwe mu bivugwa ko akorana bya hafi n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu kugerageza guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Colonel John Imani Nzenze wafatiwe ibihano na Amerika ni umwe mu basirikare bakuru b’Umutwe wa M23 n’ihuriro rya politiki rya AFC.

Yamenyekanye cyane mu 2025 ubwo yayoboraga delegasiyo y’umutwe wa AFC/M23 mu biganiro byari bigamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa DR Congo bya Doha muri Qatar. Uyu na we yari yarafatiwe ibihano n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Amerika ivuga ko umutungo wose n’inyungu mu mutungo by’abantu bashyiriweho ibihano cyangwa babujijwe bavuzwe haruguru, biri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyangwa bifitwe cyangwa bigenzurwa n’abantu bo muri Amerika, byahagaritswe.

Amerika yafashe ibi bihano mu gihe n’ubu impande zombi zigihanganye, ndetse kuri ubu amakuru avuga ko imirwano ikomeye iri kubera mu bice bya Rubaya, agace gakungahaye ku mabuye y’agaciro.

Col Nzenze wa AFC/M23 yafatiwe ibihan

Loading