AmakuruHEALTHMuri AfurikaNewsPoliticsPolitikiUbuzimaUncategorized

U Butaliyani bwikanze Ebola

Minisiteri y’Ubuzima mu Butaliyani yikanze ko hari abantu babiri bagaragaye muri iki gihugu bashobora kuba baranduye icyorezo cya Ebola ariko nyuma yo gusuzuma ibipimo bafashwe, byemezwa ko bafite ubundi burwayi.

Mu ntara ya Como batanze impuruza ko hagaragaye Abataliyani babiri bashobora kuba baranduye iki cyorezo, barimo umugore witwa Lurate Caccivio n’umugabo utavuzwe amazina.

Inzego z’ubuzima muri iyi ntara zemeje ko aba bantu hamwe n’abo mu muryango wabo bageze mu Butaliyani mu mpera z’icyumweru gishize bavuye muri Uganda; aho bari bamaze amezi atatu mu bikorwa byo gufasha abaturage.

Aba Bataliyani babiri bagaragazaga ibimenyetso mpuruza birimo kuva amaraso n’umuriro mwinshi. Bihutishirijwe ku bitaro bya Sacco Hospital biri mu Mujyi wa Milan, basuzumwa n’itsinda ry’abaganga barimo abo ku rwego mpuzamahanga.

Minisitiri ushinzwe imibereho y’abaturage muri Leta ya Lombardy, Guido Bertolaso, yari yatangaje ko hafashwe ingamba zihuse kubera iki kibazo, kandi ko hari ibyago by’uko aba Bataliyani batanduye Ebola.

Minisiteri y’Ubuzima mu Butaliyani yatangaje ko ibipimo aba Bataliyani bafashwe byagaragaje ko batanduye Ebola ariko ko umugabo ashobora kuba arwaye Malariya, kandi ko ibyago by’uko iki cyorezo cyagera muri iki gihugu bikiri bike cyane.

Iyi Minisiteri yatangaje ko nubwo bimeze bityo, yamaze gutegura uburyo bwose bwihuse bwo gukumira iki cyorezo no kwitegura guhangana na cyo, kibaye kigeze muri iki gihugu.

Minisiteri y’Ubuzima ya RDC yatangaje ko kugeza tariki ya 23 Gicurasi 2026, abantu 904 ari bo byaketswe ko bari bamaze kwandura Ebola, bikaba byaraketswe ko 220 ari bo bari bamaze gupfa.

Iki cyorezo cyaturutse mu Ntara ya Ituri muri RDC cyageze no muri Uganda, aho abantu barindwi bamaze kucyandura kugeza tariki ya 24 Gicurasi, barimo umwe cyishe.

Loading