Ethiopia: Umutwe wa TPLF wisubije intara ya Tigray
Umutwe witwaje intwaro wa TPLF watangaje ko wisubije intara ya Tigray nyuma y’imyaka hafi ine ugiranye na Leta ya Ethiopia amasezerano yo guhagarika intambara yasinyiwe i Pretoria muri Afurika y’Epfo.
Ku wa 19 Mata 2026, TPLF yatangarije ku rubuga rwa Facebook ko ubuyobozi bukuru bwayo bwafashe icyemezo cyo gusubizaho Inteko Ishinga Amategeko ya Tigray yari yarahagaritswe hashingiwe kuri aya masezerano y’amahoro.
TPLF yashinje Leta ya Ethiopia kurenga ku masezerano y’amahoro yo mu 2022, gushaka guteza intambara muri Tigray, no gufatira amafaranga yari kuvamo imishahara y’abakozi ba Leta bakomoka muri iyi ntara.
Tariki ya 19 Mata, Getachew Reda wahoze ari Umuvugizi wa TPLF, ubu akaba ari umujyanama wa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yagaragaje ko afite impungenge ko Tigray yakongera kubamo intambara mu gihe abatuye muri iyi ntara batarakira ibikomere byo mu myaka ine ishize.
Reda yagize ati “Nkurikije uko ibintu bimeze, abaturage ba Tigray bakiri mu kaga batewe n’intambara iheruka, ntibashobora kwihanganira akandi kaga n’ubundi bugizi bwa nabi.”
Yakomeje ati “Ntibyatungurana rero ko icyemezo cyose cyafatwa n’uruhande rumwe cyo kwikura mu masezerano ya Pretoria no kurenga kuri gahunda yari imaze kubakwa nyuma y’intambara gishobora guteza indi ntambara, atari hagati y’abo mu karere gusa, ahubwo habaho no guhangana na Leta.”
Uyu munyapolitiki yasabye umuryango mpuzamahanga gukumira bwangu intambara ishobora kongera kuvuka muri Tigray, ukibutsa impande zasinye amasezerano y’amahoro ya Pretoria ko zizaryozwa kuyarengaho.
Intambara yo muri Tigray yatangiye mu 2020 irangira mu 2022 bigizwemo uruhare n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) wayoboye ibiganiro by’amahoro. Abantu 600.000 barishwe, abagera kuri miliyoni eshatu bava byabo.

TPLF yasubiye muri Tigray, bica amarenga ko intambara ishobora kongera kurota

Getachew Reda yasabye umuryango mpuzamahanga gukumira intambara muri Tigray
![]()

