Amakuru

Perezida Kagame aragirana ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu

Kigali, Tariki ya 4 Nyakanga 2025 – Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame, arateganya kugirana ikiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu saa munani n’igice z’amanywa (14h30).

Iki kiganiro kizanyuzwa mu buryo bw’amashusho ku bitangazamakuru bya Leta birimo Televiziyo y’u Rwanda (RBA) n’izindi mbuga za Leta.

Ni umwanya utegerejwe n’abaturage n’abakurikiranira hafi iby’igihugu, aho Perezida Kagame asobanura ibikomeje gukorwa mu nzego zitandukanye z’ubuzima bw’igihugu, akanasubiza ibibazo abanyamakuru bamubaza.

 By:Florence Uwamaliya 

Loading