AmakuruFeature Newsibidukikije

U Rwanda Rukomeje Gukaza Umurego Wo Guhangana n’ Imihindagurikire y’ Ikirere

Kubera Imihindagurikire y’ Ikirere muriyi minsi ihangayikishije Isi muri ibihe u Rwanda rwashoye Miliyari 154.4 Frw, Muri Minisiteri y’ibidukikije, mu gengo y’imari y’u Rwanda y’umwaka wa 2024/25 hagamijwe gushyiraho ingamba no guhangana n’ingaruka zayo.

Uyu Mwaka itsanganyamatsiko y’ingengo y’imari iragira iti: “Kwihutisha ibikorwa bigamije kuzahura ubukungu, kwirinda no kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere ndetse no kuzahura inzego zitanga umusaruro hagamijwe kuzamura imibereho myiza”.

Ninako kandi ministeri y’imari n’igenamigambi ry’ubukungu (MINECOFIN), ivuga ko 43% byigengo y’imari ya ministeri y’ibidukikije azashorwa mu ngamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

Biteganyijwe ko ingengo y’imari y’umwaka 2025/26 iziyongera ikava kuri miliyari 579.8, ikagera kuri miliyari 631.2 kandi ikazanakomeza kwiyongera no mu mwaka wa 2026/27, aho biteganyijwe ko izagera kuri miliyari 667.4, mu Rwego rwo kurwanya imihindagurikire y’ikirere doreko u Rwanda rukunze kwibasirwa cyane n’ibiza biterwa n’ihindagurika ry’ikirere (Climate Change).

Guverinoma y’u Rwanda ikaba isa ibigo bya leta n’ibitegamiye kuri leta kwita cyane kungaruka z’imihindagurikire y’ikirere babishyira muri gahunda zabo ndetse no mungego y’imari bateganya.

Ibi bitangajwe mu gihe inama y’ubutegetse y’ikigega gishora imari mu mishanga igamije guhangana niyangirika ry’ikirere (Climate Investments Fund, CIF), Yemeje ko izaha u Rwanda miliyari 79Frw, hamwe na Repubulika ya Dominican mu rwego rwo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere.

By: Imena

Loading