Senegal yambuwe igikombe cya Afurika gihabwa Morocco
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, ryatangaje ko ikipe y’igihugu ya Morocco ari yo yegukanye igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma y’aho ikipe ya Senegal itewe mpaga ku mukino wa nyuma.
Iki cyemezo cyafashwe n’akanama gashinzwe ubujurire ka CAF, nyuma yo gusuzuma ubujurire bwatanzwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru rya Morocco, ryari ryatanze ikirego ku myitwarire y’ikipe ya Senegal mu mukino wa nyuma w’iri rushanwa.
Nk’uko byatangajwe na CAF, Senegal yarenze ku mategeko agenga irushanwa, bityo ihanishwa guterwa mpaga na Morocco.
Ibi byatumye icyemezo cyari cyafashwe mbere gihindurwa, maze Morocco ihita itangazwa nk’iyegukanye igikombe cya Afurika cya 2025 ku mugaragaro.
Mu myanzuro yafashwe, hanagaragajwe ko imyitwarire y’ikipe ya Senegal igwa mu byaha biteganywa n’ingingo z’amategeko agenga iri rushanwa, bituma ihabwa ibihano birimo gutsindwa ku mukino wa nyuma.
Ku rundi ruhande, akanama k’ubujurire kanasuzumye ibindi bibazo byabaye muri uwo mukino, birimo imyitwarire y’umukinnyi wa Morocco Ismaël Saibari, aho yahamijwe amakosa ariko ibihano bye bikagabanywa.
Hanasuzumwe kandi ibijyanye n’imyitwarire y’abana batanga imipira, ikibazo cya laser n’ikorwa ry’ibikorwa hafi y’ahifashishwa ikoranabuhanga ryo gusuzuma amashusho, aho hari ibihano byagabanyijwe n’ibindi byagumishijweho.
Hanasuzumwe kandi ibijyanye n’imyitwarire y’abana batanga imipira, ikibazo cya laser n’ikorwa ry’ibikorwa hafi y’ahifashishwa ikoranabuhanga ryo gusuzuma amashusho, aho hari ibihano byagabanyijwe n’ibindi byagumishijweho.
Icyemezo cya CAF Gisobanuye ko Marocco ariyo yegukanye igikombe cya Africa kuburyo bwemewe n’amategeko,mugihe Senegal itakaje amahirwe yo kucyegukana bitewe no kurenga ku mategeko agenga irushanwa.
![]()

