Mvanye muri Afurika umutungo nta ngere’ – Papa Leo

Umushumba wa kiliziya gatolika ku isi yatangaje ko avanye muri Afurika “umutungo nta ngere w’ukwemera, icyizere, n’ubugiraneza” kuri uyu munsi wa nyuma w’uruzinduko amezemo iminsi 11 kuri uyu mugabane.
Uru ni rwo ruzinduko rwa mbere rwa kure Papa Leo akoze kuva umwaka ushize ubwo yasimburaga Papa Francis.
Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga Papa Leo yavuze ko uwo mutungo avanye muri Afurika “ugizwe n’inkuru, amasura, n’ubuhamya bushimishije n’ububabaje” bizamufasha mu buzima bwe no mu butumwa bwe.
Ku munsi we wa nyuma muri Afurika kuri uyu wa kane yasomye misa kuri stade ya Malabo muri Guinée Equatoriale, misa yitabiriwe n’abantu ibihumbi n’ibihumbi.
Papa yasuye Algeria, Cameroun, Angola na Guinea Equatoriale ari na ho asoreje urugendo rwe.
Aho yageze amagambo ye yaranzwe no kwamagana ruswa, ubutegetsi bubi n’abategetsi b’igitugu, ubusumbane no guhonyora uburenganzira bwa muntu.
Muri Guinea Equatoriale yasuye gereza yo muri icyo gihugu.
Nyuma yo guhaguruka i Malabo bitega biteganyijwe ko agera i Roma ahagana saa mbiri z’ijoro ryaho uyu munsi. Biteganyijwe kandi ko atanga ikiganiro ku banyamakuru ari mu ndege ataha.

![]()

