AmakuruUbuzima

Menya icyatsi gifasha umubiri kuba muzima. “Umutanzaniya”

Mu bishanga byo hafi y’imigezi n’ibiyaga by’u Rwanda, hagiye kumvikana izina rishya mu buvuzi gakondo: Kirandaranda. Ni icyatsi cyoroshye gifite amababi mato y’icyatsi kibisi, gikunda kumera hafi y’amazi cyangwa ku misozi ifite ubutaka bubobereye.

Iki gihingwa cyazanywe n’umugabo w’Umutanzaniya witwa Mussa Hamis, wamamaye mu buvuzi gakondo nyuma yo gusanga kirandaranda kivura indwara nyinshi z’abantu b’ingeri zitandukanye. Mussa avuga ko amaze imyaka irenga icumi agikoresha, aho kimufashije gukiza abantu barwaye inzoka zo mu nda, indwara z’isukari (diabetes) n’umuvuduko w’amaraso.

Musa Hamis  Yagize Ati.“Kirandaranda ni impano y’Imana ku bantu. Kirinda umubiri, kigafasha amaraso gutembera neza, kandi n’abana bakinywa nta ngaruka bigira,”

Ubu Mussa yabonye icumbi mu karere ka Rubavu, aho avuga ko yishimiye uburyo Abanyarwanda bakunda kumenya iby’imiti karemano. Avuga ko kirandaranda gikura vuba kandi gishobora guhingwa hafi y’amazi cyangwa mu bishanga byegereye imigezi.

Mussa asobanura ko kirandaranda gikorwa mu buryo bworoshye:  kobasoroma  ,amababi mashya akabanza bakayaronga  kakayatogosa mu mazi  iminota 10. Uwayanyoye mu gitondo n’umugoroba, ngo atangira kumva itandukaniro nyuma y’iminsi mike, cyane cyane ku bafite ibibazo by’umuvuduko cyangwa isukari n’inzoka zo munda.

Abaturage bamwe ba Rubavu batangaza ko bamaze kumenyera kunywa umutanzaniya  kuko  ubafitiye akamaro Kanini ko nta mwana  wo murako gace  ukirwara inzoka.

Mukamana  Anne w’imyaka 58  aganira n’ikinyamakuru  Imena  yagize Ati.”narimfite umuvuduko mwinshi, ariko kuva nta ngiye  kunywa umutanzaniya , byaroroshye.”

 Yongeyeho ko   asigaye Ajya kwa,Muganga Baka mubwirako ameze neza Bakaba barana  muhinduriye  imiti  bamuhaga  mbere.

Abashakashatsi bo muri Kaminuza y’u Rwanda batangaje ko bateganya gukorana na Mussa kugira ngo bakore ubushakashatsi bwimbitse ku bigize  ikimera kugira ngo gihabwe ishingiro rya siyansi.

Umutanzaniya ni  kimwe mu bimera bigaragaza ko U Rwanda  rufite ubutunzi karemano bushobora gufasha mu kurwanya indwara no kurengera ibidukikije.

By:Florence Uwamaliya 

Loading