Amakuru

Inkuba Yongera Guhitana Ubuzima i Ngoma

Mu karere ka Ngoma, haravugwa inkuru ibabaje y’inkuba yakubise abantu 15, 9 muri bo bahasiga ubuzima, mu gihe 6 bakomeretse bikomeye.

Iyi nkuba yakubise abo baturage mu gihe imvura nyinshi yari iri kugwa, bamwe bari mu mirimo yabo ya buri munsi, abandi bari bikingiye imvura ahantu hatandukanye. Ababonye ibyabaye bavuga ko inkuba yaje gitumo, ikubita abantu bari hafi y’aho bari bahuriye, bituma hagwa impanuka ikomeye.

Abakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga, aho bari kwitabwaho n’abaganga, mu gihe inzego z’umutekano n’iz’ibanze zageze aho byabereye kugira ngo zitabare no gufasha imiryango yabuze ababo.

Ubuyobozi bwibukije abaturage kwitwararika mu bihe by’imvura nyinshi, birinda guhagarara ahantu hafunguye, munsi y’ibiti binini cyangwa hafi y’ibikoresho bikurura amashanyarazi, hagamijwe kwirinda impanuka ziterwa n’inkuba.

Iyi mpanuka yongeye kwerekana ko inkuba ari ikibazo gikomeye mu bihe by’imvura, bityo hakenewe gukomeza ubukangurambaga ku kwirinda ibyago no gufata ingamba zo kurinda ubuzima bw’abantu.

By: Imena 

Loading