AmakuruPolitikiUncategorized

Abanyarwanda baributswa uruhare rwabo mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha.

Mu kiganiro kirimo kuba gihuje  Abanyamakuru , Police y’u Rwanda ,Minisiteri y’Ubutabera ,RIB ,n’izindi nzego , harimo kuganirwa k’uruhare rw’abaturarwanda mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha.

Muri ibi biganiro nkuko byagarutsweho na Police y’u Rwanda ifite mu inshingano umutekano muri rusange , hasobanuwe ko  hakomeje gukazwa  ingamba ndetse  na gahunda zihoraho nka “Gerayo amahoro” mu kurushaho  gukangurira abanyarwanda kugira uruhare mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda n’ibindi byaha.

Minisitiri Johnson Busingye agaruka ku kibirebana no kubize ati”ungabunga umutekano wo  umuhanda yaKubungabunga umutekano wo mu muhanda ntabwo ari inshingano tugomba guharira Polisi gusa. Twese abakoresha umuhanda mu byiciro binyuranye tugomba gufata iki kibazo tukakigira icyacu kugira ngo kibonerwe umuti kandi birashoboka”.

Yongeyeho ati” Abanyarwanda  umutekano bakwiye kuwufata nk’inshingano zabo hatabayeho gukorera ku ijisho, kuko n’ubwo tutakora ibitangaza ,ariko twakora murumuna wabyo”

Umuyobozi  Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza  yagarutse ku kibazo cyo guha abana ibisindisha , maze agaragaza ko bigira uruhare rwo kwangiza ubuzima bw’abana  no kubashora muyindi mico itari myiza , ariho haziramo no gukoresha ibiyobyabwenge.

Yibukije ko abacuruza mu tubari ndetse n’utubyiniro bakwiye kuzirikana ko abana badakwiye guhabwa ibisindisha kandi ko hari amategeko ahana uwabirenzeho.

Umuyobozi Mukuru wa polisi kandi yibukije ko mungamba zafashwe mu gukumira ibyaha harimo no guhana abantu basindira m’uruhame ,bityo asaba ko kubufatanye n’abanyamakuru ndetse n’izindi nzego hakwiye gukome za gukangurira abantu kugira uruhare mu  kubyirinda.

 

Loading

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *