Trump: Uranium ya Iran bagomba kuyiduha nonaha cyangwa ikangirizwa ahantu humvikanyweho
Mu byo yatangaje ubu bifatwa nko “kwisubira” ku ko yabibonaga mbere, Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko “Uranium itunganyije [ya Iran] (bita “umukungugu kirimbuzi”) bagomba nonaha kuyishyikiriza Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikangizwa, cyangwa se ku bwumvikane n’ubushake bwa Repubulika ya Kisilamu ya Iran, ikangirizwa ahantu humvikanyweho”.
Trump avuga ko icyo gikorwa cyo kuyisenya “cyahagararirwa n’ikigo mpuzamahanga kireba iby’ingufu za nikleyeri”.
Abasesenguzi bavuga ko ibi Trump yatangaje bitandukanye n’ibyo mbere yavugaga byo gusenya burundu hakoreshejwe ingufu za gisirikare ubushobozi bwa Iran bw’ingufu za nikleyeri.
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu na we mu minsi ishize yavuze ko intambara idashobora kurangira mbere y’uko ububiko bwa Uranium itunganyije bwa Iran “bushenywe”.
![]()

