AmakuruEconomyEventHEALTHibidukikijeImibereho myizaNewsPoliticsPolitikiUbuzimaUncategorized

U Rwanda rwatangiye kwimura imiryango 40.000 yari ituye mu buryo butemewe

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Imiturire, RHA, yatangaje ko imiryango irenga ibihumbi 41 igiye kwimurirwa ahujuje ibisabwa hari n’ibikorwaremezo nk’amashanyarazi, amazi imihanda n’ibindi nkenerwa.

Muri iyi miryango harimo irenga ibihumbi 32 ubu ituye mu buryo butatanye mu bice by’ibyaro, imiryango 3.436 ituye mu mu bice by’imijyi ariko mu buryo budakurikije imiturire iboneye n’imiryango 6.089 ituye mu manegeka ahashyira abayituye mu byago birimo no kwibasirwa n’ibiza.

Uku kwimura abaturage byatangiye kugeragezwa mu ngengo y’imari ya 2024/2025 nk’imwe muri gahunda zigize iyo kwihutisha iterambere ya NST2 nk’uko The New Times yabyanditse.

Umuyobozi Ushinzwe Ishami ryo guteza imbere imyubakire y’inzu rusange n’izihendutse muri RHA, Emmanuel Ahabwe, yavuze ko iyi gahunda igamije guhangana n’ibibazo byo gutura ahatubahirije igishushanyo mbonera n’abatuye mu manegeka.

Ati “Kugeza ubu gutuza imiryango ibihumbi 32 yari ituye mu buryo butatanye bigeze kuri 7,8%. Iyi gahunda izafasha no kubona ubutaka bwo guhingaho.”

Ibi bosobanuye ko imiryango ibihumbi 2500 yamaze kwimurirwa ahantu hemewe kuva mu 2024/25.

Icyakora Ahabwe yavuze ko iyi mibare ishobora kutagaragaza neza ibiri gukorwa kuko uturere tumwe n’abafatanyabikorwa babafasha gushyira iyi gahunda mu bikorwa batari batanga raporo yabo.

Ati “Imibare ihari ni iy’uturere 10 n’Umujyi wa Kigali. Twitezeye raporo nyinshi mu mpera z’umwaka w’ingengo y’imari wa 2025/26 muri Kamena.”

Mu myaka irindwi kugeza mu 2024, u Rwanda rwimuye imiryango 144.628. Biteganyijwe ko mu 2029 hazaba hamaze kwimurwa imiryango 176.628 yari ituye mu buryo butatanye.

Kwimura imiryango yari ituye mu bice biyishyira mu kaga na byo byakozweho kuko imiryango 21% by’igera ku 6.089 ni ukuvuga imiryango 1.279 na yo yarimuwe.

Mu myaka irindwi kugeza mu 2024 himuwe imiryango 20.643 yari ituye mu manegeka. Biteganyijwe ko imiryango 26.732 ituye mu manegeka ari yo izimurwa kugeza mu 2029.

Ahabwe yavuze ko imiryango yimuriwe mu midugudu y’icyitegererezo yari ituye mu bice bishyira ubuzima bw’abayigize mu kaga kubera ibiza igifite uburenganzira ku butaha yahoze ituyemo.

U Rwanda rwashyize imbaraga mu kubaka imidugudu y’icyitegererezo ifasha abatuye mu buryo butemewe kubona aho batura

Loading