AmakuruUbuhinzi

Igihingwa Giciriritse ariko Gifite Agaciro kanini mu Buzima n’Ubukungu “Ikijumba”

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushishikariza abaturage kwihaza mu biribwa no kongera umusaruro w’ubuhinzi, kijumba kiri mu bihingwa gakondo bifite uruhare rukomeye mu kurwanya imirire mibi no guteza imbere ubukungu bw’abaturage, cyane cyane mu bice byegereye imisozi n’imisozi miremire.

Kijumba, kizwi kandi ku izina rya “yam” mu Cyongereza, ni igihingwa cy’ibinyabijumba gifite isoko rinini ku masoko y’imbere mu gihugu no mu karere. Gifite akarusho ko kwihanganira ibihe bigoye by’imvura nke, kikabikwa igihe kirekire, ndetse kigakungahaza umubiri ku ntungamubiri zinyuranye, cyane cyane ibyubaka umubiri (carbohydrates), fibre, potasiyumu na vitamini C.

Kijumba gihingwa mu turere twinshi tw’u Rwanda nk’Amajyepfo (Huye, Gisagara), Amajyaruguru (Burera, Musanze), no mu Burasirazuba mu turere nka Rwamagana na Kayonza. Ni igihingwa kidakunda kwangizwa cyane n’indwara cyangwa udukoko, kikaba gishobora guhingwa hatabayeho ikoranabuhanga rihanitse, bityo kikorohera abahinzi bato.

Umuhinzi witwa Nyirankundwa Esperance wo mu Karere ka Huye, avuga ko kijumba kimufasha kubona amafaranga yo kwishyurira abana ishuri. Yagize Ati: “Kijumba sinagifataga  nk’agaciro, ariko maze kubona ko gifite inyungu nyinshi, cyane cyane mu gihe cy’izuba aho ibindi bihingwa byuma, cyo kigiakomeza kumera neza Ubu ni cyo nshyiramo imbaraga kurusha ibigori.”

Nyirankundwa Esperance, umuhinzi wo mu Karere ka Huye

Akomeza  agaragaza ko ikijumba ari inkingi yamwamba kuko  kimufasha mubuzima busanze,ahoyerekanye ko

Ku masoko y’imbere mu gihugu, kijumba hicyenewe cyane nk’ibiribwa by’ingenzi ku miryango yo mu cyaro no mu mujyi,

Abacuruzi bavuga ko igiciro cy’ikijumba gihora kiri hejuru  ahusanga 1kg kiirihagati y’amafaranga y’U Rwanda 500 Cyangwa 700,mu gihe ibindi bihingwa birimo ibirayi cyangwa imyumbati biba byagabanutse kubera ibihe

Cyane ko  Hari n’abitoza  mu gutunganya ifu y’ijumba, ikoreshwa mu gukora imigati, keke, n’ibindi bicuruzwa bikunzwe mu mahoteli no mu masoko ya kijyambere.

Ku rwego mpuzamahanga, amahirwe yo kohereza Ikijumba mu mahanga ariyongera cyane, cyane   ku masoko y’Afurika y’Iburasirazuba n’ibihugu bikoresha cyane imirire ishingiye ku binyabijumba. Abikorera barasabwa gufata iya mbere mu gushora imari mu bijyanye no gutunganya kijumba no kugihuza n’isoko.

By: Florence Uwamaliya 

Loading