AmakuruAmatekaEconomyHEALTHibidukikijeImibereho myizaMu MahangaNewsPoliticsPolitikiPopular NewsRecent NewsUncategorized

Amasezerano ya Iran na Amerika: Ibi ni ibyavuzwe na bamwe mu bategetsi bo ku isi

Umunyamabanga mukuru wa ONU, António Guterres, yatangaje ko yishimiye “itangazo ry’amasezerano y’amahoro ya Amerika na Iran”.

Mu itangazo ry’umuvugizi we, Guterres yagize ati: “Ibi bisobanuye intambwe iganisha ku kurangiza aya makimbirane mu mahoro”.

Mu itangazo rimwe, abategetsi b’Ubwongereza, Ubufaransa, Ubudage n’Ubutaliyani batangaje ko bazakorana bya hafi na Amerika na Iran kugira ngo aya masezerano ashyirwe mu ngiro.

Iryo tangazo ryabo rigira riti: “Turashima Amerika na leta ya Iran n’abandi babigizemo uruhare, harimo Pakistan, Qatar n’abandi bahuza kuri iyi ntambwe muri dipolomasi.

“Uyu ni umwanya w’amahirwe yo gusubizaho amahoro mu karere no kongera gukomeza ubukungu bw’isi.”

Minisitiri w’intebe w’Ubuyapani Sanae Takaichi ari mu ba mbere batangaje ko bishimiye aya masezerano.

Sanae yavuze ko Ubuyapani “bwizeye cyane” ko “guca mu muhora wa Hormuz mu mutekano bizashyirwa mu bikorwa, kandi amasezerano ya nyuma ku ngufu za nikleyeri za Iran azagerwaho vuba bishoboka”.

Minisitiri w’intebe wa Australia Anthony Albanese yavuze ko yizeye ko aya masezerano azageza “ku mahoro afatika kandi arambye”.

Albanese avuga ko “mu gihe gusana ibyangiritse bizafata igihe kirekire, gusubizaho iyi nzira y’ingenzi mu bucuruzi ari ingenzi mu koroshya igitutu ku biciro by’ibitoro n’ubukungu, harimo no mu karere kacu”.

Loading