AmakuruHEALTHImibereho myizaImyidagaduroMuri AfurikaRecent NewsUbuzimaUncategorized

Tanzaniya:Wema Sepetu yibarutse impfura

Umunya-Tanzania wamamaye mu gukina filime, Wema Sepetu, yatangaje ko yabyaye umwana w’umuhungu nyuma y’igihe kirere ashaka urubyaro.

Ni amakuru yatangaje akoresheje urubuga rwa Instagram ku wa 13 Kamena 2026, aho yashyizeho ifoto y’ukuguru k’umwana wambaye isogisi ry’ubururu.

Ni ifoto yavugishije benshi kuko yaje iherekeje amashusho nayo yashyize kuri Instagram ye agaragaza umukunzi we, Whozu, afatanyije n’inshuti ze bamutungura mu birori bizwi nka ‘baby shower’.

Imwe mu mitako yari muri ibi birori yari yanditseho amagambo agira ati ‘A Dream Come True’, mu Kinyarwanda bisobanura ko inzozi zabaye impamo.

Byasaga no kwishimira ko nyuma y’igihe kirere Sepetu agaragaza ko yifuza umwana izo nzozi aje kuzikabya.

Wema Sepetu wabaye Nyampinga wa Tanzania mu 2007, yatangiye kugaragaza ko ashaka kubyara ariko byanze mu 2015, ubwo yatangazaga ko afite ikibazo cyo kutabyara cyatewe no kuba yarakuyemo inda akiri muto. Iyo nda yari iya Steven Kanumba bigeze gukundana.

Mu 2018 kandi Sepetu yongeye kugaragaza ko kuba atabasha kubyara ari bimwe mu bintu bimubabaza ku buryo yashatse no gukuramo nyababyeyi burundu ariko ntiyabikora.

Mu 2025 yongeye kugaragaza ko agifite inzozi zo kuba umubyeyi, gusa avuga ko yabihariye Imana kuko ariyo igena byose ku muntu.

Nyuma y’iyo myaka yose ategereje yaje kwibaruka imfura y’umuhungu, inkuru yakiriwe neza n’abamukurikira kuko mu mafoto n’amashusho yashyize hanze byose byuzuyeho ubutumwa bw’abantu bagaragaza bishimiye ko yabyaye.

Wema Sepetu n’umukunzi we bari mu byishimo byo kwibaruka

Wema Sepetu hamwe n’inshuti ye magara, Aunty Ezekiel bari mu byishimo byo kwakira uyu mwana

Loading