Africa yunze Ubumwe yamaganye igitero FARDC yagabye i Goma
Umuryango w’Ubumwe bw’Africa, AU, wiyongereye ku yindi miryango mpuzamahanga yamaganye igetero cya drone ku mujyi wa Goma ugenzurwa na AFC/M23.
Itangazo AU yasohoye ivuga ko yamaganye igero cyibasiye abasivile mu mujyi wa Goma, kandi ukaba ushyize imbere ko amahoro aboneka mu Burasirazuba bwa Congo.
Kugeza ubu umutwe wa AFC/M23 ushinja ingabo za leta ya Congo, FARDC kuba inyuma ya kiriya gitero “abayobozi b’inyeshyamba za AFC/M23 bemeza ko ari bo cyari kigambiriye.”
Itangazo leta ya Congo yasohoye ivuga kuri kiriya gitero, bias naho yimeye ko yakigabye, aho yavuze ko yihanganishije abo cyagizeho ingaruka barimo Umufaransakazi, Karine Buisset wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF.
Ministeri y’Itangazamakuru n’Itumanaho muri Congo Kinshasa mu itangazo yasohoye ntiharimo kwamagana kiriya gitero ivuga ko “ishyize imbere umutekano w’abasivile n’imiryango y’ubutabazi, ariko bizashoboka ari uko u Rwanda rukuye ingabo zarwo ku butaka bwa Congo.”
Muri iryo tangazo kandi leta ya Congo ivuga ko “hatangiye iperereza kuri kiriya gitero.”
Mahmoud Ali Youssouf, Perezida wa Komisiyo ya Africa yunze Ubumwe, yagaragaje impungenge ku makuru ajyanye na kiriya gitero cy’i Goma, muri Kivu ya Ruguru cyatwaye ubuzima bw’abasivile, kikangiza n’ibintu byinshi.
Itangazo rigira riti “Perezida wa Komisiyo ya AU yamaganye igitero cyose cyashyira mu kaga ubuzima bw’abasivile, n’abakorera imiryango y’ubutabazi, birenga ku mategeko mpuzamahanga zgenga ubutabazi.”
Yasabye impande zihanganye kwirinda ibikorwa bishobora gutuma habaho imirwano yagutse, kandi bagaharanira kurinda ubuzima bw’abasivile n’imiryango y’ubutabazi ikorera mu gace bagenzura.
Africa yunze Ubumwe ivuga ko impande zihanganye zikwiye gushyira imbere inzira z’abiganiro bigamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo, igasaba ko hakorwa iperereza kuri kiriya gitero cyo mu rukerera rwa tariki 11 Werurwe, 2026 mu gace gatuwe k’i Goma.
Uyu muryango uvuga ko uzakomeza gukorana na leta ya repubulika ya Demokorasi ya Congo n’abafatanyabikorwa bo mu karere na mpuzamahanga kugira ngo haboneke igisubizo kinyuze mu mahoro, no guhagarika intambara, no guteza imbere amahoro arambye mu karere.
Kubera biriya bitero, i Goma haramukiye imyigaragambyo y’abaturage bamagana ibitero bya drones bishyira mu kaga ubuzima bwabo.
![]()

