Amakuru

Ibikomeje kuvugwa kuri moto z’amashanyarazi za Spiro

Moto z’amashanyarazi zatangiye gukoreshwa mu Rwanda zigamije kugabanya ihumana ry’ikirere. Nubwo ari ikoranabuhanga rigezweho, ariko ubwoko bwa kampani ikora moto za Spiro iragenda itera impungenge ku mutekano w’abantu, cyane cyane muri uyu mwaka wa 2025.

Imibare igaragaza uko ikibazo gihagaze

Mu mezi 11 ya mbere ya 2025:

  • Impanuka: 120+
  • Abakomeretse bikomeye: 85
  • Abapfuye: 15
  • Sipiro ziparitse i Kigali n’inkengero: 300+
  • Inguzanyo kuri buri sipiro: Miliyoni 2~3 Frw
  • Impanuka zituruka ku kutamenya imikorere: 60%

Habimana Eric, umumotari wo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko sipiro ari nziza ariko zisaba ubumenyi:

Yagize Ati .”Sipiro n’i ziza  ku  Ibidukikije  Ariko  kuyitwara utarayihuguriwe bituma hiyongera impanuka  cyane cyane kubijyanye n’umuriro wa batiri.”

Mukamana Claudine, waguze sipiro hifashishijwe inguzanyo ya miliyoni 12,5Frw, avuga ko ubu yayiparitse atagikora.
Ati.”Narayiguze nizeye ko izanyinjiriza  ariko ubu ziraparitse kuko abagenzi  bazitinya  ,inguzanyo natse ngirango niteze imbere  iracyankurikirana  kandi simfite uwonaziha ngo azitware noneho mbone ubwishyu”

Niyonsenga Patrick, umucuruzi wa sipiro, ukorera mu Murenge wa Muhima  agaragaza ko igisubizo atari ukuzihagarika
Ati.”Sipiro si mbi , ikibazo ni amahugurwa macye bafite habayeho ishuri rihoraho  ry’abazitwara impanuka zagabanuka.”

Igikwiye gukorwa:

  • Ishuri ryihariye rya sipiro
  • Amahugurwa ateganyijwe ku batwara sipiro
  • Amabwiriza akomeye n’ubugenzuzi buhoraho

Spiro ni igisubizo cyiza mu kutangiza ikirere, ariko umutekano w’abantu ugomba kuza imbere. Guhuza ikoranabuhanga, amahugurwa n’ubugenzuzi ni byo  byagabanya impanuka n’igihombo.

By:Florence Uwamaliya 

Loading