Tag: minagri

  • U Rwanda rwiyemeje kurandura inzara n’igihombo ku bahinzi hifashishijwe imbuto nshya y’ ibirayi

    U Rwanda rwiyemeje kurandura inzara n’igihombo ku bahinzi hifashishijwe imbuto nshya y’ ibirayi

    U Rwanda, rukomeje gahunda yo guteza imbere ikoreshwa ry’ibihingwa byahinduwe kugirango bibashe kwihanganira ihindagurika ry’ ibihe ndetse haboneke n’ umusaruro uhagije, ibyo bita “Genetically Modified Organism” (GMO), Iyo tuvuze GMO mu buhinzi, tuba tuvuga ibihingwa byahinduriwe uturemangingo kugira ngo bibashe kwihanganira indwara, udukoko, imvura nke, cyangwa se kongera umusaruro.

    Iyi gahunda ikomeje gutera intambwe, cyane cyane mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibirayi no guhangana n’inzara. Abahanga mu by’ubuhinzi bavuga ko iri koranabuhanga rifite uruhare rukomeye mu guteza imbere ubuhinzi butanga umusaruro mwinshi kandi wizewe.

    Umuryango Open Forum on Agricultural Biotechnology (OFAB) ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), barimo gukora ubushakashatsi ku mbuto za GMO zifite ubushobozi bwo kwihanganira indwara no guhangana n’udukoko, hagamijwe kugabanya ikoreshwa ry’imiti ihenze ndetse n’igihombo abahinzi bahura na cyo.

    RAB yatangije gahunda y’amahugurwa agamije kongerera ubumenyi abahinzi, abanyamakuru n’abafatanyabikorwa batandukanye ku ikoreshwa n’akamaro byiri koranabuhanga.

    Amahugurwa yagarutse ku ruhare rw’imbuto za GMO mu kugabanya inzara, kongera umusaruro no kugabanya amafaranga abahinzi bashora mu nyongeramusaruro.

    Dr. Athanase Nduwumuremyi ni umushakashatsi mukuru ndetse akaba umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’ibihingwa by’imizi n’amatuberi mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB)

    Dr. Athanase Nduwumuremyi ni umushakashatsi mukuru ndetse akaba umuhuzabikorwa w’ihuriro ry’ibihingwa by’imizi n’amatuberi mu Kigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), yavuze ko intego ari ugutanga imbuto ishobora kwihanganira ibyonnyi n’ ihindagurika ry’ ibihe, nk’ imvura nyinshi cyangwa izuba.

    Dr. Nduwumuremyi Ati. ’’Gahunda ya GMO ntizahindura uburyohe  bwikiribwa   ahubwo izongera ubushobozi bw’ibihingwa mu kurwanya udukoko no guhangana n’ihindagurika ry’ikirere.’’

    Mu bigo by’ubushakashatsi bitandukanye hirya no hino mu gihugu, hatangiye guterwa imbuto z’ibirayi hifashishijwe ingemwe zidafite indwara zizwi nka minitubers. Izi ngemwe zikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga rigezweho rigamije gutanga imbuto zifite ubuziranenge kandi ziramba.

    Abashakashatsi bemeza ko imbuto za GMO zigenzurwa neza mbere yo kugezwa ku bahinzi, hagamijwe kurinda ubuzima bw’abantu n’ibidukikije.

    Ibi bikorwa bigamije gutuma u Rwanda rugera ku ntego yo kwihaza mu biribwa, nk’uko biteganywa na Gahunda y’Igihugu yo Kwihutisha Iterambere (NST2), yibanda ku kuzamura umusaruro w’ubuhinzi.

    Ikoreshwa ry’iri koranabuhanga ritanga icyizere ko ubuhinzi bushobora kuba igisubizo kirambye ku kibazo cy’inzara no guhinduka kw’ikirere, binyuze mu kongerera abahinzi ubushobozi bwo guhinga bihagije kandi mu buryo butanga umusaruro wizewe.

    Uwamaliya Florence

  • Bugesera: Koroza inka abakennye igisubizo kirambye ku kurwanya imirire mibi

    Bugesera: Koroza inka abakennye igisubizo kirambye ku kurwanya imirire mibi

    Njyanama y’ Akarere ka Bugesera yoroje inka esheshatu zihaka imiryango itandatu ikennye yo mu Murenge wa Mayange murwego rwo kurwanya imirire mibi no kuzamura ubukungu bw’imiryango hagamijwe guteza imbere imibereho myiza y’abaturage no guhashya imirire mibi.

    Imiryango yorojwe inka hagamijwe kwiteza imbere no kurwanya imirire mibi

    Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Gashyantare 2025, gisiga kibaye intambwe ifatika mu guhindura ubuzima bw’abaturage.


    Izi nka zatanzwe mu gusoza icyumweru cy’ubujyanama cyabereye muri aka karere, cyikaba cyari gifite insanganyamatsiko igira iti. “Umuturage, ishingiro ry’imiyoborere myiza n’iterambere ryihuse.”

    Abahawe inka bishimiye ubu bufasha kuko buzabafasha kwiteza imbere, kubona ifumbire izongera umusaruro w’ubuhinzi, no kubona amata azafasha abana babo kugira ubuzima bwiza.


    Mujawimana Clemantine, umwe mu bahawe inka, yagize Ati. “Amata kuyagura byari ikibazo, ariko ubu Leta iratworohereje, ngiye kwiyororera, abana banjye bazabona indyo yuzuye.”


    Mukakomeza Patricia we yashimangiye ko iyi nka izamufasha kwiteza imbere ndetse yiteguye kuzoroza bagenzi be.


    Mukakomeza Ati. “Ubungu ubuzima bwanjye burahindutse kuko tugiye kubona ifumbire, tubona n’ amafaranga yo kugura mituweli kuko byari imbogamizi idukomerera cyane”.

    Perezida w’ Inama Njyanama y’ Akarere ka Bugesera, Munyazikwiye Faustin, yasabye abahawe inka kuzifata neza kugira ngo zibafashe kugera ku iterambere rirambye.

    Munyazikwiye Faustin Ati. “Ku bufatanye n’abafatanyabikorwa, twahisemo gushyira hamwe kugira ngo imibereho y’ abaturage irusheho kuba myiza, ni mururwo rwego twatanze inka imwe ihaka kuri buri muturage.”


    Izi nka zatanzwe zatwaye asaga miliyoni 6 Frw z’ amafaranga y’ u Rwanda, zikaba zitezweho guhindura imibereho y’ abaturage binyuze mu kurwanya imirire mibi, kongera umusaruro w’ubuhinzi, no gushyigikira iterambere ry’imiryango.