AmakuruHEALTHMu MahangaNewsPoliticsPolitikiUbutaberaUbuzimaUncategorized

Abaturage barimo guhunga umujyi nyuma y’ibitero bya Israel

Abaturage b’umujyi wa Tyre muri Liban barimo guhunga ibitero birimo kugabwa n’igisirikare cya Israel kuri uyu mujyi uri mu majyepfo ya Liban.

Ikigo cy’ubutabazi kivuga ko ahantu ho gucumbikira abahunze amazu yabo huzuye abantu.

Ingabo za Israel zari zaraburiye abatuye uyu mujyi kuwuvamo bakajya mu majyaruguru y’uruzi rwa Zahrani.

Ikinyamakuru NNA cyavuze ko hari abasivile bishwe mu bitero bya Israel mu majyepfo ya Liban.

Muri iki gitondo kandi habayeho ibitero by’indege mu mijyi yegeranye ya Nabatieh na Kfar Sir, mu gihe Jibchit yakubiswe n’ibisasu, nk’uko NNA ibivuga.

Ku wa mbere, Minisiteri y’ubuzima ya Liban yavuze ko ibitero bya Israel mu majyepfo ya Liban byahitanye abantu bagera kuri 14, barimo barindwi mu karere ka Nabatieh na batanu muri Tyre.

Loading